skol
fortebet

Umusaza w’imyaka 82 yagiye mu kiruhuko nyuma y’uko kuri TikTok bamukusanyirije $100,000

Yanditswe: Tuesday 10, Jan 2023

featured-image

Sponsored Ad

Umugabo w’imyaka 82 wahoze ari umusirikare wa Amerika ubu wakoraga nka ‘cashier’ mu iguriro rya Walmart yabashije kujya mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’igikorwa cy’ubugiraneza.
Warren Marion w’i Cumberland muri leta ya Maryland, mu cyumweru gishize yahawe sheki ya $108,682 (arenga miliyoni 115 Frw) yakusanyijwe n’abagiraneza kuri internet.
Umugabo witwa Rory McCarty ufite abantu benshi bamukurikira kuri TikTok yashyizeho GoFundMe yo gufasha Marion kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.
Video yatangaje (...)

Sponsored Ad

Umugabo w’imyaka 82 wahoze ari umusirikare wa Amerika ubu wakoraga nka ‘cashier’ mu iguriro rya Walmart yabashije kujya mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’igikorwa cy’ubugiraneza.

Warren Marion w’i Cumberland muri leta ya Maryland, mu cyumweru gishize yahawe sheki ya $108,682 (arenga miliyoni 115 Frw) yakusanyijwe n’abagiraneza kuri internet.

Umugabo witwa Rory McCarty ufite abantu benshi bamukurikira kuri TikTok yashyizeho GoFundMe yo gufasha Marion kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Video yatangaje bombi bari kumwe mu Ukuboza gushize yarebwe inshuro zirenga miliyoni eshatu.

McCarty yashakaga gufasha Marion, sekombata kandi w’umupfakazi, “kugera ku bintu yifuza gukora”, nk’uko abivuga mu butumwa yatangaje mu kwezi gushize.

McCarty afite business yitwa Bug Boys ifite page ya TikTok ifite abayikurikira bagera ku 300,000.

Avuga ko yumvise yifuje gufasha uyu mukambwe wahoze mu ngabo akoresheje uru rubuga rwe kubera indi nkuru nk’iyo yabonye kuri TikTok.

Kuri page ya GOFundMe yashyizeho asaba abantu kugira icyo bafasha, McCarty yagize ati: “Nk’umuntu ufite business…Natangajwe cyane no kubona uyu musaza muto akibasha kujya ku kazi. Agakora amasaha umunani cyangwa icyenda.”

Mu cyumweru gishize, Marion yagiye kukazi ku munsi wanyuma nyuma y’ibyumweru bibiri abahaye abakoresha be integuza yo gusezera.

Ibinyamakuru byaho byamugaragaje atambuka muri ‘parking’ y’iri guriro bahatatse imitako, agenda aramutswa anakomerwa amashyi n’abamukunda.

Ijambo rya mbere ryamusohotse mu kanwa nyuma yo guhabwa sheki y’ariya madorari ni “wow”.

Mu Ukuboza yabwiye Cumberland Times News ko ayo mafaranga yamufasha kwishyura inzu ye no kubasha kujya i Florida gusura abuzukuru be.

Nyuma yo kuyabona, uyu musaza yabwiye icyo kinyamakuru ati: “Icyo nababwira ni uko Imana nziza yampembeye ibyo nakoze mu myaka y’ubuto bwanjye.”

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa