skol
fortebet

Yagiye gutabara abavandimwe bashwanaga bimuviramo urupfu

Yanditswe: Sunday 05, Dec 2021

featured-image

Sponsored Ad

Abapolisi bo mu burasirazuba bwa Marakwet, mu ntara ya Elgeyo Marakwet batangiye guhiga umuntu ukekwaho kuba yararashe umuturanyi we akoresheje umwambi mbere yo guhunga aho icyaha cyakorewe.
Iperereza ryibanze ryerekanye ko Edwin Kibor, nyakwigendera, yakomerekejwe n’umwambi yarashwe ubwo yari yivanze mu ntambara y’abavandimwe.
Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bushinzwe iperereza ku byaha (DCI), abo bavandimwe bombi, Joel Kitum na Onesmus Kemboi, bagiye impaka ku mwenda w’inka imwe umuryango (...)

Sponsored Ad

Abapolisi bo mu burasirazuba bwa Marakwet, mu ntara ya Elgeyo Marakwet batangiye guhiga umuntu ukekwaho kuba yararashe umuturanyi we akoresheje umwambi mbere yo guhunga aho icyaha cyakorewe.

Iperereza ryibanze ryerekanye ko Edwin Kibor, nyakwigendera, yakomerekejwe n’umwambi yarashwe ubwo yari yivanze mu ntambara y’abavandimwe.

Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bushinzwe iperereza ku byaha (DCI), abo bavandimwe bombi, Joel Kitum na Onesmus Kemboi, bagiye impaka ku mwenda w’inka imwe umuryango wabo urimo.

Tweet yanditswe na DCI yavuze ko izo impaka zabaye mbi cyane ubwo umwe muri aba bavandimwe yarashe umwambi ufata umuturanyi umwe mu bari baje guhosha impaka.

Umuturanyi wabonye ibyabaye yavuze ko ukekwaho yari agamije kurasa mukuru we ariko arahusha arasa uyu muturanyi.

DCI yanditse kuri Twitter iti“Onesmus yatoye umuheto n’umwambi maze yerekeza umwambi kuri mukuru we. Yabuze intego ye maze umwambi ujya kwa Edwin Kibor (umuturanyi wageragezaga kubatandukanya bombi ”,

Abashakashatsi bagaragaje ko Kibor yahise ajyanwa mu bitaro bya Endo Mission aho yapfiriye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa