skol

Abantu 25 batawe muri yombi bakekwaho gushaka guhirika guverinoma y’Ubudage

Yanditswe: Wednesday 07, Dec 2022

featured-image

Abantu 25 batawe muri yombi bitegura kugaba ibitero byari bigamije guhirika guverinoma y’Ubudage.
Kuri uyu wa gatatu, abapolisi b’Abadage bagabye ibitero mu gihugu hose ku bagize “umutwe w’iterabwoba” ukekwaho gutegura igitero ku nteko ishinga amategeko ya Bundestag i Berlin, nk’uko ubushinjacyaha bwa leta bwabitangaje.
Amakuru aturuka mu Budage aravuga ko itsinda ry’abantu barimo abahoze mu gisirikare bateganyaga gutera inzu y’inteko ishinga amategeko, no gufata ubutegetsi bitwaje (…)

Abantu 25 batawe muri yombi bitegura kugaba ibitero byari bigamije guhirika guverinoma y’Ubudage.

Kuri uyu wa gatatu, abapolisi b’Abadage bagabye ibitero mu gihugu hose ku bagize “umutwe w’iterabwoba” ukekwaho gutegura igitero ku nteko ishinga amategeko ya Bundestag i Berlin, nk’uko ubushinjacyaha bwa leta bwabitangaje.

Amakuru aturuka mu Budage aravuga ko itsinda ry’abantu barimo abahoze mu gisirikare bateganyaga gutera inzu y’inteko ishinga amategeko, no gufata ubutegetsi bitwaje intwaro aho bari bamaze iminsi babyitoza kuva mu Ugushyingo 2021.

Umugabo w’Umudage uvugwa nk’igikomangoma witwa Heinrich XIII, w’imyaka 71, bivugwa ko ari we wari kizigenza w’imigambi yabo.

Ubushinjacyaha bukuru buvuga ko mu bafungiwe mu ntara 11 z’Ubudage harimo abantu babiri bivugwa ko ari bo bari bayoboye.

Bivugwa ko abateguye uyu mugambi barimo abayoboke b’umutwe w’intagondwa Reichsbürger (Abaturage ba Reich), umaze igihe kinini uhigwa na polisi y’Ubudage kubera ibitero by’urugomo n’ibitekerezo by’ubugambanyi bushingiye ku ivangura. Banze kandi kwemera leta y’Ubudage bugezweho.

Bivugwa ko abagabo n’abagore bagera kuri 50 bari muri iri tsinda bivugwa ko ryateguye guhirika repubulika no kuyisimbuza igihugu gishya gisa n’uko Ubudage bwari buyobowe mu 1871.

Umuvugizi w’ubushinjacyaha bukuru yagize ati: "Kugeza ubu ntabwo dufite izina ry’iri tsinda."

Bild ivuga ko abashinzwe umutekano 3000 bagiye hirya no hino,binjira mu nyubako 30 zitandukanye bafata abakekwaho uyu mugambi mubisha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa