skol
fortebet

Abarwana muri Sudani Bihaye Akaruhuko k’Umunsi Umwe gusa

author-image

Yanditswe na: Joseph Iradukunda
Kuwa: Saturday 10, Jun 2023

Abarwana muri Sudani Bihaye Akaruhuko k'Umunsi Umwe gusa

Sponsored Ad

skol

Muri Sudani, abarwana batangiye agahenge k’amasaha 24. Ariko hari impungenge ko ataza kurangira batongeye kurasana.

Impande zombi ziyemeje guhagarika imirwano mu ijoro ryakeye mu mishyikirano barimo mu mujyi wa Jeddah muri Arabiya Sawudite, babifashijwemo n’iki gihugu na Leta zunze ubumwe z’Amerika nk’abahuza. Amasezerano yagombaga gutangira kubahirizwa mu gihugu hose guhera saa kumi n’ebyiri mu gitondo (kw’isaha y’i Khartoum).

Si ubwa mbere ingabo za leta ya Sudani n’umutwe witwara gisirikare, “Forces de Soutien Rapide” mu Gifaransa cyangwa “Rapid Support Forces” mu Cyongereza, bavuga ko bahagaritse kurwana ariko ntibimare akanya. Ubu nabwo impungenge ni zose ku bahuza. Ariko babwiye impande zombi ko bashobora kubivamo nibaramuka bananiwe kwifata.

Intambara imaze amezi abiri. Imaze guhitana abantu hafi 2,000. Yirukanye mu byabo abandi bagera kuri miliyoni ebyiri. 400,000 muri bo bambutse imipaka bajya mu buhungiro mu bihugu by’abaturanyi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa