RDC: Abaturage bahiye ubwoba kubera imfungwa 55 zatorotse gereza
Yanditswe: Tuesday 16, Jan 2024
Ku wa mbere, tariki ya 15 Mutarama, amakuru avuga ko imfungwa zirenga 55 zatorotse gereza nkuru ya Walungu muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.
Sosiyete sivile ya Walungu ivuga ko izo mfungwa zanywesheje ibiyobyabwenge umupolisi wari ku kazi azirinze, bizifasha gutoroka.
Uku gutoroka kwateye abaturage ba Walungu ubwoba kubera bakeka ko izi mfungwa zishobora kubagirara nabi.
Abaturage barahamagarira abayobozi gushakisha uruhindu izo mfungwa.
Christian Ziganira, perezida wa sosiyete sivile ya Walungu,yagize Ati: "Abasaza n’abagore nibo bananiwe gutoroka kuko abahunze banyuze ku gisenge cy’inzu ya gereza nkuru ya Walungu.
Hano muri Walungu dufite ubwoba bwinshi kubera ko mu batorotse, hashobora kubamo abantu bashobora gukora amahano, gusahura n’ubujura.
Niyo mpamvu abaturage bafite ubwoba kandi barasaba ubuyobozi gufata ingamba zose zishoboka kugira ngo hamenyekane abantu bose batorotse kuko bashobora guteza akaga abaturage b’akarere kacu.”
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *