skol

Algeria yemeye ko yarashe Abanya-Maroc basuzuguye amabwiriza y’abashinzwe umutekano

Yanditswe: Monday 04, Sep 2023

featured-image

Algeria yemeje ko abashinzwe umutekano ku nkombe zayo barashe ba mukerarugendo b’Abanya-Maroc binjiye mu mazi mu buryo butemewe n’amategeko.

Aba ngo bari batwaye twa twato tugira umuvuduko udasanzwe twitwa jet skis, maze ubwo basabwaga guhagarara barinangiye ,bararaswa babiri bahasiga ubuzima.hari kuwa 29 Kanama2023

Abo Banya-Maroc babiri bafite n’ubwenegihugu bw’u Bufaransa ni Bilal Kissi na Abdelali Merchouer, bari bacumbitse muri hotel yo muri Maroc ahitwa Saidia.

Minisiteri y’ingabo ya Algeria mu itangazo ryayo BBC yabonye, yavuze ko umutwe w’abasirikare barinda inkombe watanze umuburo wumvikana kandi ubasaba inshuro nyinshi guhagarara, ariko banga kubyubahiriza.

Yavuze ko ishami rishinzwe kurinda inkombe ryahise rirasa, bituma umwe mu bari kuri Jet ski ahasigara, mu gihe abandi babiri batorotse.

Yongeyeho ko bukeye bwaho, umurambo w’umugabo utaramenyekanye wabonetse mu mazi ya Algeria, bituma umubare w’abahitanwe n’ibyabaye ugera kuri babiri.

Inama y’igihugu ishinzwe uburenganzira bwa muntu muri Maroc yamaganye iraswa ry’abo Banya-Maroc babiri, ivuga ko ibyabaye ari ukurenge cyane ku mategeko mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu.

Algeria na Maroc ni abaturanyi bafitanye umubano utari mwiza wahindanyijwe n’akarere katavugwaho rumwe ka Sahara y’Uburengerazuba.

Muri Kanama 2021, Algeria yahagaritse umubano w’ububanyi n’amahanga na Maroc, ishinja Rabat kutayifuriza ineza, abategetsi ba Maroc ariko barabihakana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa