skol

Leta ya RDC yanyomoje amakuru y’iruka ry’Ikirunga cya Nyamulagira yari yatangajwe [Yavuguruwe]

Yanditswe: Saturday 29, May 2021

Nyuma yo kugenzura Ikirunga cya Nyamuragira ikoresheje indege, Guverinoma ya RDC yisubiyeho itangaza ko iki kirunga kitigeze kiruka. Umwotsi wagaragaye wari uw’ibiti byari biri gutwikwamo amakara.

Minisiteri ishinzwe amakuru muri RDC yavuruye inkuru yavugaga ko ikirunga cya Nyamuragira cyegereye Nyiragongo nacyo cyarutse kuri uyu wa Gatandatu.

Iyo minisiteri yatangaje ko imyotsi myinshi iva mu gutwika amakara muri ako gace k’ibirunga yikanzweho iruka ry’ikirunga.

Amakuru yari yatangajwe nuko iki kirunga nacyo cyarutse ndetse igikoma cyacyo kiri kujya muri pariki ya Virunga ahantu hadatuwe.

Kuwa gatandatu nijoro, Nyiragongo yahinduye ikirere umutuku maze iruka amazuku yamanutse akagera hafi ya Goma, umujyi utuwe na miliyoni ebyiri z’abantu uri munsi y’iki kirunga.

Abaturage baba mu turere icumi dufatwa ko tubangamiwe basabwe kutuvamo, byatumye abantu babarirwa mu bihumbi amajana bahunga,gusa hari abanangiye umutima banze kuhava.

Ejo ku wa gatanu, abantu basaga n’aho basubiye mu buzima busanzwe - amaduka yari yuguruye, abatwara abantu ku mapikipiki barimo barakora - ariko urebye urabona ko ibintu bitameze nk’uko byari bimeze kera.

Kuri bamwe mu basigaye muri uwo mujyi, ubwoba buboneka ku maso nkuko BBC ibitangaza.

Amazuku ya Nyiragongo yibasiye komine Buhene, mu nkengero za Goma, atwika inzu yewe n’inzu nini. Gusubiranya ibyangiritse bishobora gufata amezi menshi.

Nyiragongo ikunze guteza ibibazo abanya Goma, iri kuri 10Km mu majyaruguru ya Goma, iheruka kuruka bikomeye mu 2002 aho abantu 250 bapfuye abagera ku 120,000 bagasigara ntaho kwikinga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa