skol

Biravugwa: Abakoloneri bane ba FARDC baguye mu ntambara na M23

Yanditswe: Saturday 29, Jun 2024

featured-image

Ahagana saa kumi nimwe z’u mugoroba, ku masaha ya Minembwe na Bukavu,nibwo Ingabo zo mu mutwe wa M23, zinjiye mu mujyi wa Kanyabayonga,zisanga abarwanirira ubutegetsi bwa Kinshasa bamaze gukizwa n’amaguru, nkuko abaturiye ibyo bice babivuze.

Amakuru ava muri ibyo bice, avuga ko iyi mirwano yaguyemo abasirikare benshi bo ku ruhande rwa leta, barimo n’abafite ipeti rya Colonel bane, mu gihe abasirikare bo babarirwa ku 460.

Mu butumwa bw’amashusho bwashyizwe hanze, bugaragaza ingabo ziyobowe na Major Gen Sultan Makenga wa M23, zinjira mu mujyi rwagati, ziri ku murongo, abaturage bo muri uyu mujyi, bari ku muhanda bakubise buzuye.

Amashusho kandi agaragaza abaturage bishimiye cyane kwinjira kwa M23 muri uwo mujyi, ubona bamwe bafata amafoto, abandi babasuhuza bamwenyura.

Mu butumwa bw’amajwi,abagore n’abagabo, abasore n’inkumi, bumvikana bavuga bati: “Murakaze muri Kanyabayonga."

Bamwe bavugaga bati: “mwakoze kwirukana ihuriro ry’Ingabo za RDC muri Kanyabayonga.”

M23 yafashye uyu mujyi wa Kanyabayonga, nyuma y’uko yari maze iminsi 30 ihanganira mu nkengero zayo n’ingabo zirwanirira leta ya Kinshasa.

Imirwano yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28/06/2024, niyo yahesheje M23 kwirukana ririya huriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, muri uyu mujyi.

Amakuru Minembwe Capital News ivuga ko yahawe,avuga ko uyu mujyi warimo abarwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa bagera ku bihumbi 60, mu gihe abarwana ku ruhande rwa M23 bari 1100 gusa.

M23 yinjiye mu mujyi, nyuma y’uko yari yamaze gufata inkengero zawo zose, kandi mu kuwufata yambuye ihuriro ry’Ingabo za RDC, ibikoresho bya gisirikare byinshi, birimo n’imbunda ziremereye.

Uyu mujyi wafashwe nyuma y’iminsi ibiri gusa, minisitiri w’intebe wa RDC avuye i Goma, aho yasize avuze ko ingabo z’igihugu cye, zigiye kurwana zivuye inyuma kugira ngo zihashye M23. Ndetse umuryango wa SADC ukaba nawo wari wongereye ingabo zawo, mu rwego rwo kurwanya M23.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa