skol

Burkina-Faso: Capt. Ibrahim Traoré yatangiye kuvumbura abari bagiye kumuhirika

Yanditswe: Friday 29, Sep 2023

featured-image

Muri Burkina-Faso ubutegetsi bukomeje kugenda bufata umwe umwe mu bari bagerageje gukora indi Coup d’Etat.

Biravugwa ko ku ikubitiro hafashwe Lt.Col. Cheick Hamza Ouattara wayoboraga gendarmerie, na Captain Christophe Maïga wari Comanda w’ingabo zidasanzwe zishinzwe gutabara aho rukomeye no kurwanya iterabwoba.

Mu batawe muri yombi kandi ubu muri Burkina-Faso haravugwamo na Abdoul Aziz Aouoba uyobora ingabo zidasanzwe z’iki Gihugu.
Boubacar Keita,uyobora ikigo gikuru gishinzwe ubushakashatsi bugamije kurengera abaturage nawe yafashwe.

Umwe mu bashinzwe umutekano watanze amakuru yavuze ko abafashwe barimo guhatwa ibibazo n’inzego zibishinzwe, icyakora ngo hari n’abandi ba ofisiye babiri bahunze rugikubita bamenye ko bashakishwa.

Umwe muri abo bahunze, RFI yanditse ko ari Sekou Ouedraogo wahoze ari umuyobozi mukuru wungirije w’ikigo cy’igihugu cy’ubutasi. Gusa yari yarakuwe mu nshingano Capt. Ibrahim Traoré wahiritse ubutegetsi akaba ari nawe Perezida w’agateganyo kugeza ubu.

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabye uwaba afite amakuru y’abashaka guhungabanya ubutegetsi bwa Capt. Ibrahim Traoré kuyatanga kare ngo bakumirwe kuko ngo batifuriza igihugu amahoro n’iterambere.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa