Burundi:Umunyeshuri yahondaguwe n’abagenzi be kugeza apfuye
Yanditswe: Tuesday 29, Nov 2016
Ku wa Gatandatu tariki 26 Ugushyingo,2016 ,Umunyeshuri wo muri Kaminuza y’Uburundi yaguye mu bitaro byitiriwe Umwami Khaled nyuma yo gukubitwa n’abagenzi be bamushinja ubujura.
Enock Kaperu wabarizwaga muri Campus ya Mutanga i Bujumbura akaba yigaga mu gashami kigisha ubuzima bwo mu mutwe ngo akaba yarafashwe agerageza guhatirira gukingura urugi rw’amgenzi we mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo,2016.
Umwe mu batangabuhamya akaba yaratangarije RPA dukesha iyi (…)
Ku wa Gatandatu tariki 26 Ugushyingo,2016 ,Umunyeshuri wo muri Kaminuza y’Uburundi yaguye mu bitaro byitiriwe Umwami Khaled nyuma yo gukubitwa n’abagenzi be bamushinja ubujura.
Enock Kaperu wabarizwaga muri Campus ya Mutanga i Bujumbura akaba yigaga mu gashami kigisha ubuzima bwo mu mutwe ngo akaba yarafashwe agerageza guhatirira gukingura urugi rw’amgenzi we mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo,2016.
Umwe mu batangabuhamya akaba yaratangarije RPA dukesha iyi nkuru ko uyu munyeshuri yari agiye kwiba mugenzi we nawe wahise utabaza bagenzi be bakaza bagatangira kumuhondagura aho yaje kugwa mu bitaro.
Uyu mutangabuhamya akaba yarakomeje avuga ko polisi yatabaye impitagihe gusa undi mutangabuhamya avuga ko biteye agahinda kubona umunyeshuri apfa muri ubu buryo ndetse asaba ko abamukubise bagezwa imbere y’ubutabera.
.
Ati’’Nubwo imibanire itaba myiza muri Campus ntabwo bikwiye kwitara kuriya .Biteye isoni kubona umunyeshuri apfira muri Kaminuza uko yaba yitwaye kose wenda yagombaga kugezwa mu butabera’’
Inyubako ya Kaminuza y’Uburundi
.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *