Burundi: Umutwe wa RED TABARA wemeje ko wateye mu gihugu wica abasirikare benshi
Yanditswe: Saturday 23, Dec 2023
Umutwe wa RED TABARA urigamba kuba ariwo waraye ukoze igitero n’ijoro ku musozi wa Vugizo muri zone ya Gatumba kigahitana abantu.
Mu ijoro ryakeye humvikanye amasasu menshi avanze n’ibiturika mu gace ka Vugizo, hafi y’umupaka rw’Uburundi na Repuburika ya Demokarasi ya Kongo.
Abaturage baba aho byabereye bavuga ko hari abahasize ubuzima, ariko abayobozi bo barabihakana.
Ubicishije ku rubuga rwayo rwa X (Twitter ya kera), umutwe RED TABARA watangaje ko waraye ugabye igitero ku birindiro by’abashinzwe Umutekano biri ahitwa Vugizo ni ku mupaka ugabanya uburundi na Congo.
Muri icyo gitero, uwo mutwe urwanya Leta y’uburundi uvuga ko wishe abasirikare ba Leta icyenda hamwe n’umupolisi umwe ndetse ufata imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare byinshi.
Mu gusoza iryo tangazo, uwo mutwe wongeye gutangaza ko ugiye gukomeza urugamba rwawo mpaka ibyo urwanira byumviswe.
Leta ivuga ko iki gitero cyahitanye abasivili 20 barimo abagore batwite n’abana 12. Red Tabara yo ntiyavuze iby’abasivili bapfuye.
Perezida Ndayishimiye, mu butumwa yatangarije kuri X, yihanganishije imiryango yagizweho ingaruka n’iki gitero, anasaba inzego zibishinzwe guhiga bukware abakigabye.
Yagize ati “Twihanganishije imiryango yaburiye abayo mu gitero kigayitse cyaraye kibaye muri komini Mutimbuzi, zone Gatumba, twongera kwihanganisha n’abakomeretse. Dusabye abashinzwe umutekano guhashya no kwirukana burundu izo nkozi z’ikibi zitagira icyo zubaha, zica abana n’ababyeyi, zigatoba amahoro twabonye tuyanyotewe.”
Andi makuru ava ahabereye icyo gitero ariko ataremezwa avuga ko hari abantu bagera ku 8 bo mu muryango unwe biciwe muri icyo gitero.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *