Urusengero rw’aba Pentekote rw’ahitwa Kiyange,muri komini Kibago,mu ntara ya Makamba rwagwiriye abantu kubera imvura nyinshi yaguye mu gitondo cyo kuri uyu wa 15/10/2023.
Umuyobozi wa zone uru rusengero rurimo, yagize ati "Abantu benshi barimo abayoboke b’idini,bari baje mu materaniro bapfuye",gusa ntiyigeze atangaza umubare.
Hari abavuga ko hari imirambo 6 yabonetse mu bikuta byagwiriye abantu.
Umubare w’abantu bapfuye ntabwo uratangazwa ariko bikaba bivugwa ko ushobora ari munini cyane
Ubuyobozi bukuru bw’u Burundi ntabwo buragira icyo butangaza ku bijyanye n’aka kaga kagwiriye aba bantu barimo gusengera muri urwo rusengero.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *