Cameroon: Inyeshyamba zishe abaturage zibashinja kuba intasi
Yanditswe: Friday 06, Oct 2023
Abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro yiyonkoye kuru Leta yatangaje ko yakase imitwe abaturage babiri iherutse gushimuta ibashinja kuba intasi z’igisirikare cya Leta.
Byatangajwe na Mayor w’igiturage cya Guzang giherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’igihugu ahiciwe abaturage,wanavuze ko bakomeje gukora iperereza ku byabaye.
Aya mahano atangajwe nyuma y’amashusho yagiye ahagaragara agaragaza abagabo babiri bicaye mu muhanda nyuma bakaraswa begerewe cyane
Uyu mutwe w’inyeshyamba utavuga rumwe na Leta ya Cameroon uzwi nka Separatists ukunze kurwanira mu migi 2 ikoreshwamo ururimi rw’icyongereza muri Cameroon kuva mu mwaka wa 2017
Ni imirwano imaze gutuma ababarirwa mu bihumbi 800 000 ubu barataye ingo zabo.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Cmeroon yo ikomeje gushinja igisirikare cy’igihugu n’abarwanyi b’uyu mutwe wa Separatists kugira uruhare mu bwicanyi bukorerwa abaturage, gufata abagore kungufu,gukora iyicarubozo no gutwika inzu z’abaturage badasize n’amashuri.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *