Cuba: Batahuye abaguraga urubyiruko ngo barujyane kurwanira Uburusiya muri Ukraine
Yanditswe: Saturday 09, Sep 2023
Abanya-Cuba 17 batawe muri yombi bakurikiranyweho gucuruza urubyiruko rw’Abanya-Cuba, rwoherezwaga kurwanira u Burusiya mu ntambara ihanganishije iki Gihugu na Ukraine.
Amakuru Aljazeera yatangaje avuga ko hari inzira ituruka muri Cuba yanyurwagamo n’urubyiruko rw’Abanya-Cuba boherezwaga muri Ukraine ngo barwanire u Burusiya.
Inzego z’ubuyobozi muri Cuba zemeje ko abantu 17 batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha byo gucuruza abantu byatumye urubyiruko rw’Abanya-Cuba bishora mu rugamba rwa gisirikare muri Ukraine.
Kuri uyu wa Gatanu Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Cuba, yavuze ko imaze igihe ikora ibishoboka byose kugira ngo ihangane n’abakora ibyo bikorwa bashyize ibirindiro muri icyo Gihugu.
Guverinoma ya Cuba kandi yahakanye uruhare na ruto mu ntambara iri kubera muri Ukraine, ndetse yamagana ibikorwa byo gushora Abanya-Cuba muri iyi ntambara.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *