DR Congo: Abantu bane biciwe mu gitero cy’inyeshyamba zatwitse n’ibitaro
Yanditswe: Friday 11, Nov 2022
Abantu batari munsi ya bane bishwe naho abandi 10 barashimutwa hafi y’umujyi wa Beni mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
’Centre’ y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Kabasha muri iyi ntara ya Kivu ya Ruguru yagabweho igitero n’abo bicyekwa ko ari inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF.
Abagabo bitwaje imbunda batwitse ikigo nderabuzima kimwe cyonyine cyo muri aka gace ko mu burasirazuba bwa DR Congo, basahura imitungo ndetse batwika ibinyabiziga.
Iki ni cyo gitero cya vuba aha (…)
Abantu batari munsi ya bane bishwe naho abandi 10 barashimutwa hafi y’umujyi wa Beni mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
’Centre’ y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Kabasha muri iyi ntara ya Kivu ya Ruguru yagabweho igitero n’abo bicyekwa ko ari inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF.
Abagabo bitwaje imbunda batwitse ikigo nderabuzima kimwe cyonyine cyo muri aka gace ko mu burasirazuba bwa DR Congo, basahura imitungo ndetse batwika ibinyabiziga.
Iki ni cyo gitero cya vuba aha cy’abacyekwa kuba ari inyeshyamba za ADF. Cyatumye abantu benshi bahatuye bahunga, batinya ko haba ibindi bitero.
Abahatuye bavuganye na BBC bashinje leta ya DR Congo kunanirwa gukora ibihagije ngo ibacungire umutekano.
Muri iki cyumweru, igisirikare cya DR Congo cyagabye igitero ku wundi mutwe w’inyeshyamba, M23, wigaruriye ibice bimwe byo mu ntara ya Kivu ya Ruguru.
Mu mezi ya vuba aha ashize, abantu barenga 90,000 bamaze guhunga bata ingo zabo, nyuma y’imirwano hagati y’ingabo za leta n’inyeshyamba za M23.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *