skol
fortebet

DR Congo: Abaturage bigabye mu mihanda n’uburakari bwinshi bamagana MONUSCO

Yanditswe: Tuesday 12, Jul 2022

featured-image

Sponsored Ad

Kuri uyu wa kabiri, abaturage batuye ahitwa I Kalengera muri territory ya Rutshuru babyukiye mu myigaragabyo yamagana MONUSCO, za ngabo z’umuryango w’abibubye ziri mu butumwa bw’amahoro muri DR Congo.

Sponsored Ad

Kuri uyu wa kabiri, abaturage batuye ahitwa I Kalengera muri territory ya Rutshuru babyukiye mu myigaragabyo yamagana MONUSCO, za ngabo z’umuryango w’abibubye ziri mu butumwa bw’amahoro muri DR Congo.

Abanyamakuru bari muri aka gace bavuga ko abaturage b’I Kalengera bagiye mu mihanda binubira imikorere y’izi ngabo za UN, bavuga ko zikwiye kwitahira kuko ntacyo zibamariye, ngo cyane ko ntaho batandukaniye n’abaje mu bukerarugendo.
zimwe muri tweets zigaragaza uburyo imyagarambyo yakozwe

Aba baturage bigarambije nyuma y’ibitero bimaze iminsi bigabwa n’inyeshyamba za M23 mu rugamba zihanganyemo n’ingabo za leta ya Congo ‘FARDC’.

Ni kenshi kandi ingabo za MONUSCO zakunze gutungwa agatoki mu kuba indorerezi ku bibazo by’umutekano muke ukomeje kuvugwa muri kivu y’amajyaruguru, kandi zitangwaho akayabo k’amadorali buri mwaka ngo zigarure amahoro muri ibi bice.

Umutwe w’inyeshyamba wa M23 wakunze gushinja MONUSCO gufatanya n’abarwanyi ba FDLR ndetse n’ingabo za FARDC mu kubagabo ibitero, ariko ngo bakabahindukirana bakabirukankana.

Bintou Keita, intumwa y’umuryango w’abibubye, muri DR Congo aherutse kwemeza ko ingabo za MONUSCO zifite intege nke mu kurwanya umutwe wa M23.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa