Ni muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 31/07/2024, imyigaragambyo yaramukiye mu bice byo muri Goma aho abayirimo bari kwamagana ubutegetsi kudatanga umutekano usesesuye ku baturage, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.
Iyi myigaragabyo ahanini yiganjemo urubyiruko rurimo abakobwa n’abahungu bakaba bari kuyikorera mu bice byo mu gace ka Kasika mu mujyi wa Goma.
Nk’uko ayaamakuru ava muri ibyo bice akomeza abivuga, ni uko uru rubyiruko mu kwigaragambya baje bitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa bashaka guha ubutegetsi, bugira buti: “Turashaka umutekano, abacu ko baricwa umunsi ku wundi.”
Aya makuru anavuga ko uru rubyiruko rwafashe amabuye bayatereka mu mihanda hagati iri mu gace ka Kasika, mu rwego rwo kwerekana akababaro ka mugenzi wabo wishwe arashwe n’abo bikekwa ko ari Wazalendo, aho uwo musore uri mu kigero cy’imyaka 20 na 25 yarashwe isaha z’umugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 30/07/2024 agahita y’itaba Imana.
Biravugwa kandi ko uru rubyiruko mu gukora iyi myigaragabyo bari gusaba ubutegetsi bwa Kinshasa kutarebera mu gihe kandi umutekano wongeye kuzamba muri ibyo bice.
Si ubwambere abaturage bigaragambya muri Goma n’ahandi mu bindi bice byo muri RDC basaba ubutegetsi gutanga umutekano no kugerageza ku w’ubungabunga, ni mu gihe ubwicanyi bwagiye burushaho gufata indi ntera.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *