DRC - Masisi: Intambara hagati ya M23 na Nyatura yakomeye benshi bari guhunga
Yanditswe: Thursday 22, Jun 2023
Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo aravuga ko mu gace ka Kitshanga muri territoire ya Masisi mu ntara ya Kivu ya ruguru abantu benshi bamaze iminsi bata ingo zabo bakahahungira kubera imirwano hagati y’umutwe wa Nyatura n’uwa M23.
Imiryango itegamiye kuri leta yo muri ako karere ivuga ko ibyo bikorwa byo gukozanyaho byibasiye imirenge imwe irimo Kasura, Butale, Kahira n’iyindi.
Iyo miryango kandi ivuga ko hari hamaze igihe mu mujyi wa Kitshanga hari agahenge kubera ingabo z’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba zihari.
Jacques Niyitegeka yavuganye na Alimase Tumaini, umuhagarikizi w’abaturage muri societe civile Forces Vives uri muri ako karere, yavuze ko M23 isa nidashaka guhagarika imirwano kubera ibice yarekuye bishaka kwigarurirwa n’iyo mitwe irimo na nyatura Abazungu.
Hagati aho FARDC ikomeje gushinja M23 ubushotoranyi no gushaka inzira y’urugamba kurenza kubahiriza amasezerano, ariko M23 nayo ikagereka ibyaha nk’ibyo kuri Leta ya RDC idashaka kumvikana ahubwo gukaza ubwicanyi ku gice kimwe cy’abanyekongo kigize M23.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *