skol

FARDC irashinjwa kwica ku bushake Inka nyinshi z’abaturage

Yanditswe: Saturday 25, Nov 2023

featured-image

Igisirikare cya Congo kirashinjwa gutsindwa na M23 muri Teritwari ya MASISI hanyuma kikihimura cyohereza ibisasu mu nka z’Abaturage.

Mu mafoto yagiye hanze, yagaragaje Inka zapfuye bivugwa ko zishwe na FARDC ibitewe n’uburakari.

Umuvugizi wa FARDC,Guillaume Ndjike,yumvikanye avuga ko Drone yarasiwe i Masisi ari iy’igisirikare cy’u Rwanda atari iya FARDC nkuko byavuzwe.

Imirwano ihanganishije M23 n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gufata indi ntera. Buri ruhande rushinja urundi kuba nyirabayazana wo kubura kw’iyi mirwano, hirengagijwe ibyari byemejwe n’ibiganiro bya Nairobi.

Leta ya Congo yarahiye ko itazajya mu biganiro na M23 mu gihe uwo mutwe na wo uvuga ko utazarambika intwaro hasi bidakozwe.

Guhera tariki 1 Ukwakira ni bwo ingabo za Congo n’imitwe izifasha batangije imirwano yo kwigarurira uduce twahozemo M23 muri Kivu y’Amajyaruguru, tukaba twari mu maboko y’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba.

M23 ikomeje kuganza ingabo za MONUSCO, FARDC, Wazalendo n’indi mitwe yifatanyije ngo iyibuze kwigarurira ibice bya Masisi na Goma, aho kuri iyi nshuro uyu mutwe ugeze mu gace ka Kalenga mu bilometero 20 uvuye mu bice bya Sake ho muri Teritwari ya Masisi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa