General Bunyoni yagaragaje uko afunzwe mu buryo buteye agahinda
Yanditswe: Thursday 28, Sep 2023
Gen Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi yabwiye abacamanza muri gereza ya Gitega ko afunzwe nabi cyane bityo asaba kurekurwa kubera ko amagara ye abangamiwe.
Jenereri Alain Guillaume Bunyoni kuri uyu wa kane yitabye bwa mbere urukiko rukuru i nyuma y’amezi arenga atanu afashwe ashinjwa ibyaha bitandukanye.
Urubanza rwe rwabereye imbere muri gereza ya Gitega afungiwemo kuva mu kwezi kwa Nyakanga nyuma yo kwimurwa akavanwa i Ngozi.
Aho niho yari yajyanywe mu kwezi kwa Gatanu nyuma y’ibyumweru bibiri yari amaze mu biro by’iperereza kuva afashwe mu kwezi kwa Mata.
Amaze gufatwa, umuvugizi w’urwego rw’ubucamanza, Agnes Bangiricenge, yatangaje ko Gen Bunyonizi ashinjwa ibyaha bitatu birimo:Guhungabanya umutekano,Guhungabanya ubukungu bw’igihugu,Kubona inyungu zitanyuze mu mategeko.
Jenerari Bunyoni yaje ari kumwe n’abandi bantu batandatu bashinjwa muri dosiye ye barimo komiseri Desiré Uwamahoro na Bapfumukeko Samuel Destiné.
Jenerari Bunyoni, nk’abandi bafungwa bo mu Burundi, yaje yambaye umwambaro w’icyatsi kibisi ariko yambaye inkweto ze bwite -imfungwa zihabwa ipantaro/ijipo n’ishati gusa.
Bunyoni yasabye ko yarekurwa by’agateganyo kuko afite indwara ya diabete -yo mu bwoko bwa B- igeze kure cyane.
Yavuze ko ashobora no gutanga ingwate ya miliyoni 300 (300.000.000) z’amafaranga y’amarundi kugira ngo arekurwe by’agateganyo, anavuga ko amazu ye yafatiriwe nayo ari iyindi ngwate urukiko rushobora gufata.
Umushinjacyaha yasabye ko Bunyoni atarekurwa avuga ko ashinjwa ibyaha bikomeye cyane kandi ko indwara arwaye isanzwe imenyerewe kandi ishobora kuvurirwa aho ari.
Bunyoni yagize ati"mpfungiwe mu kumba gato gafite aho umuntu asohokera hatatu ariko hose hafungishijwe ingufuri.Hari abapolisi babiri bahaguma bancunze.Ndamutse ngize nk’ikibazo byangora kugira ngo mpakurwe."
Aho Bunyoni yaburaniye ngo hari hacunzwe cyane kuko ngo nta munyamakuru wari wemerewe kwinjirana ikaramu,telefoni,amadarubindi,camera,n’ikindi abashinzwe umutekano batari bizeye.
Urubanza rwahise rushyirwa mu muhezo,urukiko ruvuga ko ruzasomwa mu minsi ’’iri imbere’’.
Kugeza mu kwezi kwa Nzeri 2022, Gen Bunyoni yari Minisitiri w’intebe wa Perezida Evariste Ndayishimiye kuva agiye ku butegetsi muri Kamena 2020.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *