skol

Haiti:Abanyamakuru 2 biciwe mu kazi kabo ko gushaka Amakuru

Yanditswe: Wednesday 14, Sep 2022

featured-image

Muri Haiti, abanyamakuru babiri bishwe barashwe, imirambo yabo barayitwika.

Ibi byabaye ubwo bari mu kazi kabo bashaka amakuru, mu gace ko mu murwa mukuru Port-au-Prince, kagenzurwa n’imitwe y’ibyihebe.

Ishyirahamwe ry’abanyamakuru muri Haiti rivuga ko ubwicanyi nk’ubu bubaye inshuro 2 muri uyu mwaka.

Rivuga kandi ko aba babiri bishwe bari mu banyamakuru barinwii batewe n’ayo mabandi mu mpera z’icyumweru gishize,ubwo bari mu gace ka Cite Soleil, muri Port-au-Prince.

Aba bari mu iperereza ku bwicanyi buhakorerwa, harimo n’umukobwa w’imyaka 17 uheruka kuhicirwa.

Imitwe y’abicanyi yariyongereye muri Haiti kandi igira ingufu zidasanzwe kuva ku itariki 7 z’ukwezi kwa karindwi 2021,ubwo Perezida Jovenel Moïse yicwaga.

Mu kwezi kwa mbere, abandi banyamakuru babiri bishwe n’iyo mitwe y’abicanyi, ubwo koraraga iperereza ku makuru mu gace ka Laboule, kazwi nka karangwamo umutekano muke mu majyepfo ya Port-au-Prince.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa