skol

Hamas yagaragaje urutonde rw’abo yashimuse yifuza kurekura

Yanditswe: Monday 06, Jan 2025

featured-image

Umutwe wa Hamas wagaragaje urutonde rw’abantu 34 washimutse, ukaba wifuza kubarekura kugira ngo habeho agahenge mu ntambara ikomeje kuwuhuza n’Ingabo za Israel.

Ubwo Hamas yagabaga igitero gitunguranye muri Israel mu Ukwakira 2023, yishe abagera ku 1200 abandi 251 irabashimuta. Uyu mutwe wakunze gutanga umuburo, ukavuga ko mu bitero Israel iwugabaho, hari ibyica abaturage bayo bari mu maboko yawo.

Mu ntambara ikomeje guhuza impande zombi, Israel ifite umugambi wo kugaruza abo baturage bayo bashimuswe.

Gusa Hamas yeretse BBC urutonde rw’abo yifuza kurekura barimo abagore 10, abagabo 11 biganjemo abageze mu zabukuru, bafite imyaka iri hagati ya 50 na 85 n’abana bato, barimo n’abo Hamas yavuze ko bari barapfuye. Muri aba bose, Hamas ivuga ko harimo abarwaye.

Israel yahakanye ibyo kwakira urwo rutonde, gusa impande zombi zikomeje ibiganiro biri kubera i Doha, mu Murwa Mukuru wa Qatar. Uyu mutwe uvuga ko wifuza ko mu gihe watanga aba baturage washimuse, Israel nayo yakura ingabo zayo i Gaza, ibi bikaba iherezo ry’iyi ntambara.

Hagati aho, ibitero bya Israel bimaze kwica abarenga ibihumbi 45, abandi barenga ibihumbi 108 barakomereka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa