skol

Hamas yarekuye Abanyamerika babiri yari yashimuse

Yanditswe: Saturday 21, Oct 2023

featured-image

Hamas yarekuye Abanyamerika babiri yari yashimuse mu gitero cyiciwemo abantu uwo mutwe w’Abanya-Palestine wagabye muri Israel muri uku kwezi.

Israel yemeje ko yakiriye Natalie Raanan na nyina Judith Raanan batanzwe na Hamas ku mupaka wa Gaza.

Hamas yavuze ko yabarekuye "ku mpamvu z’ubutabazi".

Perezida w’Amerika Joe Biden yavuze ko yasazwe n’ibyishimo kubera irekurwa ryabo, ndetse yemeje ko yavuganye na bo kuri telefone.

Ni bo ba mbere barekuwe kuva ubwo abagabo bitwaje imbunda bo muri Hamas bateraga muri Israel ku itariki ya 7 y’uku kwezi kw’Ukwakira (10), bica abantu 1,400 ndetse bashimuta abandi bagera kuri 200.

Abategetsi bo muri Palestine bavuga ko abantu barenga 4,000 bamaze kwicwa muri Gaza, ikomeje kumishwaho ibisasu na Israel kuva Hamas yagaba icyo gitero.

Brigadiye Jenerali Gal Hirsch, ari kumwe n’abandi bamwe bo mu gisirikare cya Israel (IDF), bakiriye abo babiri bari bashimuswe na Hamas, babakirira ku mupaka w’ako gace ko muri Palestine ku mugoroba wo ku wa gatanu, nkuko byatangajwe n’ibiro bya minisitiri w’intebe wa Israel.

Ibyo biro bya minisitiri w’intebe byongeyeho ko Judith na Natalie bajyanwe ku kigo cya gisirikare kiri rwagati muri Israel, aho bari bategererejwe n’abo mu muryango wabo.

Uwo mukobwa na nyina bari bari mu mudugudu wa Nahal Oz mu majyepfo ya Israel, ubwo bashimutwaga mu gitero cya Hamas.

Uwo mugore w’imyaka 59 wo muri leta ya Illinois n’umukobwa we w’imyaka 17, uherutse kurangiza amashuri yisumbuye, bombi basanzwe batuye mu mujyi wa Evanston, mu nkengero z’i Chicago, muri leta ya Illinois.

Ben Raanan, musaza wa Natalie, yabwiye BBC ati: "Narenzwe no gushimira umuryango mugari w’abantu b’ahatandukanye ku isi bashyize mushiki wanjye imbere mu bitekerezo byabo, mu masengesho yabo, [abantu] bo mu madini yose n’imyemerere yose".

Avi Zamir, nyirarume wa Natalie, yavuze ko umuryango "wishimye cyane".

Bari bashimuswe ubwo bari barimo kwizihiza ko Natalie yasoje amasomo n’isabukuru y’amavuko ya nyirakuru Tamar Ranaan, wujuje imyaka 85, warokotse igitero cya Hamas.

Tamar Ranaan n’umukunzi we, Yehiel, barokotse icyo gitero cya Hamas babicyesheje kwihisha mu cyumba gitekanye cyo mu nzu yabo.

Ku wa gatanu, Biden yashimiye leta ya Qatar ku bikorwa byayo by’ubuhuza byagejeje ku irekurwa ry’abo bagore babiri.

Judith Raanan yavukiye muri Israel, nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru the Chicago Tribune.

Kugeza ku wa gatanu, Abanyamerika nibura 32 bari bamaze kwemezwa ko bapfuye muri uku kwezi mu ntambara ya Israel na Hamas, mu gihe abandi 10 batazwi aho baherereye, nkuko bivugwa na minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika.

Amerika n’Ubwongereza, buri gihugu muri byo kirimo gukorana n’abategetsi ba Qatar – ahari ibiro bya politiki bya Hamas – kugira ngo bafashe kugira ngo abaturage babyo barekurwe.

Mu itangazo, minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Qatar yagize iti: "Tuzakomeza ibiganiro byacu n’Abanya-Israel na Hamas, kandi twizeye ko ibi bikorwa bizageza ku irekurwa ry’abasivile bose bashimuswe ba buri gihugu cyose."

Ibindi bihugu bifite abaturage babyo bashimuswe, ubu bari muri Gaza, birimo nka Argentine, Ubudage, Ubufaransa, Thailand na Portugal.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa