Hamenyekanye umubare w’abantu Israel imaze imaze guhitana n’amazu imaze gusenya
Yanditswe: Saturday 14, Oct 2023
Abategetsi ba Israel baratangaza ko biteguye guhanagura ku isi umutwe wa Hamas, kandi ko Gaza itazigera isubira kuba nk’uko yari imeze.
Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli,Benjamin Netanyahu yavuze ko"Umurwanashyaka wa Hamas wese ari umupfu"nyuma y’aho abarwanyi b’uyu mutwe bishe abantu 1300 mu gitero cy’ubugome bakoze kuri Israel.
Hashize icyumweru ibi bibaye ariko amacumbi 5,540 amaze gusenyuka burundu, andi 3750 yarangijwe ku buryo adashobora guturwa (UN).
Abantu Israeli imaze kwica muri Gaza ni 2000 bagomba kwiyongera kuko iki gihugu cyamaze kugota aka gace ndetse kigakupira amazi n’umuriro.
Isiraheli yateguye igitero yise Operation Swords of Iron ( mu gifaransa Opération Épées de Fer cyangwa Igitero cy’Inkota z’Icyuma) kirenze kure cyane ibindi byose cyakoze kuri Gaza mbere y’aho.
Igitero cyo ku butaka muri Gaza gisobanura ko ari intambara y’inzu ku nzu kandi kizagira ingaruka mbi ku basivile. Ibitero byo mu kirere bimaze guhitana ababarirwa mu bihumbi, naho abarenga 400.000 bakaba bamaze guta ingo zabo.
Igisirikare gifite kandi igikorwa kindi cyo kurokora abantu nibura 150 bashimuswe, bakaba bafungiwe mu bice bitazwi muri Gaza.
Israel yasabye Abanyapalestina miliyoni 1.1 baba mu gace k’uburasirazuba bwa Gaza guhunga mu masaha 24 bakoresheje inzira imwe ariko ibyo bishobora kutabakundira bakabatsemba.
Ishami rya gisirikare rya Hamas, Izzedine al-Qassam Brigades, rishobora kuba ryariteguye neza igitero cya Israel. Rishobora kuba ryaramaze gutega ibisasu, rikanategura imitego. Rishobora kwikorera urusobekerane rw’imyobo yo gutega ingabo za Israel.
Muri 2014, amabatayo (bataillons) yari mu gitero cya Israel cyo ku butaka yhuriye n’uruva gusenya i Gaza,mu bisasu byo gusenya ibimodoka by’intambara bitegwa mu kuzimu (mines anti-chars), abarashi badahusha barasa bihishe (snipers) hamwe n’imitego, mu gihe abasivile amagana n’amgjana baguye mu ntambara yo mu kagere k’uburasirazuba bw’umujyi wa Gaza.
Abanya-Israel bamaze kuburirwa ko iyi ntambara ishobora kumara amezi atari make, abasirikare 360.000 bakaba baramaze gufata inzira yerekeza ku rugamba.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *