skol

Havumbuwe umuyoboro muremure cyane Hamas yubatse ngo ishegeshe Isiraheli

Yanditswe: Monday 18, Dec 2023

featured-image

Igisirikare cya Israel cyavumbuye umuyoboro wo mu butaka wacukuwe n’umutwe wa Gaza, bivugwa ko ari wo munini, uri uri kuri metero 400 gusa uvuye ahitwa Erez ku mupaka wa Israel na Gaza.

Umunyamakuru wa AFP ufata amashusho yahawe uburenganzira bwo kugera kuri uyu muyoboro, aho avuga ko wagutse bihagije ku buryo ushobora gukwirwamwo imodoka ikinjira neza.

Igisirikare cya Israel kivuga ko uyu muyoboro ushobora kuba waratwaye amamiliyoni n’amamiliyoni y’amadorari kandi ko wamaze imyaka itari mike wubakwa.

Kivuga ko uyu muyoboro ufite amashami,byose hamwe bikaba bishobora kugira uburebure bw’ibirometero birenga bine.

Kivuga kandi ko iyubakwa ry’uyu muyoboro ryahagarariwe na Mohamed Yahya, mwenewabo w’umuyobozi mukuru wa Hamas, Yahya Sinwar,uzwi ko ari we wateguye ibitero byo ku wa 07 Ukwakira kuri Israel.

Igisirikare cya Israel kivuga kandi ko cyafashe intwaro nyinshi zari zibitswe muri uyu muyoboro.

Umwe mu bavugizi b’igisirikare cya Israel, Liyetena-Koroneli, Richard Hecht, avuga ko Hamas yakoresheje akayabo mu kubaka uyu muyoboro “yari ifite intumbero imwe, gutera Israel n’abaturage bayo”.

BBC dukesha iyi nkuru ntirashobora guhinyuza ibivugwa.

Intambara zidahagarara zirakomeza muri Gaza mu gihe mu mpera z’icyumweru gishize hari icyizere ko hashobora kuba andi masezerano yo guhagarika intambara no kurekura izindi mfungwa.

Mu kambi y’abakuwe mu byabo ya Jabalia iri mu majyaruguru ya Gaza haravugwa ibitero byo mu kirere byatirikiyemo abantu 90, nk’uko abashinzwe ubuzima bw’abantu babitangaza,nubwo abayoboye Hamas bo batangaza ko abishwe bagera kuri 110.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa