skol

Igisirikare cya RDC cyishe abarwanyi 10 ba ADF muri Beni

Yanditswe: Monday 10, May 2021

Igisirikare cya Republika ya demokarasi ya Kongo, kuri iki cyumweru cyishe inyeshyamba 10 zo mu mutwe w’iterabwoba wa ADF mu karere kahungabanyijwe n’intambara mu majyaruguru y’igihugu.

Ibyo bitero byatangiye kuwa kane mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, aho abasirikare n’abapolisi bategetswe gusimbura ubutegetsi bw’abasivile mu gihe cy’iminsi 30.

Antony Mualushayi, umuvugizi wa gisirikare mu mujyi wa Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru, yavuze ko iyi mirwano yabareye i Halungupa, mu karere ka Rwenzori. Yavuze ko biboneye imirambo 10 y’aba ADF, kandi ko ari imibare y’agateganyo.

Mualushayi avuga ko biyemeje kurangiza ADF burundu kugira ngo abaturage bo muri iyo ntara bahabwe amahirwe yo kuba mu mahoro.

Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP,byavuze ko hari intumwa z’abategetsi ba Uganda bageze i Beni kuri iki cyumweru, ariko baba abategetsi ba gisirikare n’abo muri leta, nta n’umwe wavuze kuri urwo rugendo.

ADF, ni umutwe w’abarwanyi b’Abanya Uganda, uba mu majyaruguru ya Kongo kuva mu 1995. Wiswe na Leta zunze ubumwe za Amerika, umutwe w’iterabwoba ushamikiye ku wundi w’iterabwoba wa leta ya kiyisilamu.

Imibare itangwa n’Umuryango w’Abibumbye yerekana ko abasivili bagera ku 1000 baguye mu mirwano ivugwa kuba yarashojwe na ADF mu kwezi kwa cumi na kumwe muri Beni honyine.

IJWI RY’AMERIKA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa