Igitero ku Bitaro muri Gaza Kimaze Guhitana Abagera ku 500
Yanditswe: Wednesday 18, Oct 2023
Urwego rw’ubuzima ruyobowe na Hamas rwaraye rutangaje ko Abantu babarirwa mu majana baguye mu gitero cy’indege cyagabwe ku bitaro by’uyu utwe na Israel.
Iki gitero kandi ngo cyanakimerekeyemo abandi benshi bari bahahungiye barimo abo Hamas yari yacumbikiye n’Abanyapalestina bari bahahungiye.
Hamas yavuze ko abapfuye ari benshi kuko ngo batari munsi ya 500 bahitanywe n’indege z’intambara za Israel mu gitero cyo kuri uyu wa kabiri Tariki ya 17 ukwakira 2023, ku bitaro by’umutwe wa Hamas byitwa al-Ahli.
Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ubukana bw’iki gitero, arimo inyumabo zirimo gushya n’imibiri y’abantu benshi yatikiriye muri icyo gitero yirundanyije mu bisigara tongo.
Mu gihe aya makuru yakwemezwa neza, iki cyba aricyo gitero gikomeye cy’indege Israel yaba igabye kuri Hamas mu ntambara zose imaze kurwana zigera kuri 5 kuva mu mwaka wa 20008.
Abantu ibihumbi n’ibihumbi bahungiye mu bitaro bitandukanye mu ntara ya Gaza bagamije kwirinda ko ibitero bya Israel bibahitana. Ni nyuma y’uko Israel yasabye ko abaturage bose bari muri Gaza bahunga bitarenze amasaha 24
Umutwe wa Hamas watangaje ko igitero uvuga ko Isirayeri yakoze ku bitaro Al-Ahli byo mu ntara ya Gaza ari ubwicanyi bugayitse. Hamas yatangaje ko benshi mu bapfuye,ari imiryango yavuye mu byayo, abarwayi, abana, n’abadamu
Umuvugizi w’igisirikare cya Isirayeri, Amiral Daniel Hagari, yatangaje ko nta byinshi biramenyekana ku bapfuye mu bitaro, Al-Ahli. Yongeyeko bazatanga amakuru y’imvaho igihe bazaba bayabonye, kandi ko atavuga niba cyari igitero cy’indege y’intambara ya Isirayeri.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *