skol

Imirwano ikaze ishyamiranije FARDC na M23 irakomeje ahitwa i Tongo

Yanditswe: Monday 09, Oct 2023

featured-image

M23 iramutse vuga ko iri mu mirwano ikomeye n’igisirikare cy’Igihugu FARDC n’imitwwe itandukanye yitwaje intwaro basanzwe bafatanya mu rugamba n’abacancuro bitabajwe kuri ubu.

Bertrand Bisimwa ukuriye uyu mutwe wa M23, ytangaje ko imirwano y’impande zombi iri kubera i Tongo muri Teritwari ya Rutshuru.

Uyu yakomeje ashinja uruhande rw’ingabo za Congo gutangiza imirwano mu duce dutandukanye turimo n’udutuwe n’abaturage ,aho bari gusukwaho ama Bomb.

Ati” ibi biri kuba M23 yanze kubirebera kuko abaturage bari guhohoterwa. Twahisemo rero guhangana no gucecekesha izo ntwaro rutura ziri guhahamura abaturage."

Amakuru ya Bertrand ukuriye M23 kandi yemejwe na Bénjamin Mbonimpa usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa M23, Major Willy Ngoma uvugira uyu mutwe mu bya gisirikare na Lawrence Kanyuka uwuvugira mu bya Politiki.

Kuva ku wa Gatatu w’icyumweru gishize nta gahenge impande zombi ziratanga.

Kuri iki Cyumweru imirwano ikomeye yumvikanye mu duce dutandukanye twa za Teritwari zirimo Rutshuru, Masisi na Nyiragongo.

Ku Cyumweru Igisirikare cya Congo gifatanyije n’imitwe nka FDLR, Nyatura, Wazalendo n’abacancuro bagabye ibitero bigamije kwisubiza umujyi uherereye muri Teritwari ya Masisi, gusa kugeza kuri uyu wa Mbere uyu mujyi wari ukigenzurwa na M23.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa