skol
fortebet

Imyigaragambyo ikomeye mu Bufaransa yasubitse uruzinduko rw’Umwami Charles III

Yanditswe: Friday 24, Mar 2023

featured-image

Sponsored Ad

Uruzinduko rw’umwami Charles III mu Bufaransa rwasubitswe, nyuma y’imyigaragambyo yo kwamagana itegeko ry’imyaka yo kurya mu kiruhuko cy’izabukuru ryashyizweho na Perezida Macron.
Ibiro bya Perezida w’Ubufaransa Champs Elysée yavuze ko iki cyemezo cyafashwe kubera umunsi wa cumi w’ibikorwa byo kwigaragambya.
Urugendo i Paris na Bordeaux rwagombaga gutangira ku cyumweru, ariko Ubufaransa bwabonye ibikorwa by’urugomo bikabije ku wa kane kuva imyigaragambyo yatangira muri Mutarama.
Ingoro ya (...)

Sponsored Ad

Uruzinduko rw’umwami Charles III mu Bufaransa rwasubitswe, nyuma y’imyigaragambyo yo kwamagana itegeko ry’imyaka yo kurya mu kiruhuko cy’izabukuru ryashyizweho na Perezida Macron.

Ibiro bya Perezida w’Ubufaransa Champs Elysée yavuze ko iki cyemezo cyafashwe kubera umunsi wa cumi w’ibikorwa byo kwigaragambya.

Urugendo i Paris na Bordeaux rwagombaga gutangira ku cyumweru, ariko Ubufaransa bwabonye ibikorwa by’urugomo bikabije ku wa kane kuva imyigaragambyo yatangira muri Mutarama.

Ingoro ya Buckingham yavuze ko gusubika uru rugendo byatewe n "uko ibintu byifashe mu Bufaransa".

Mu itangazo yagize iti: "Ba nyakubahwa bategerezanyije amatsiko amahirwe yo gusura Ubufaransa mu gihe amatariki mashya azatangazwa."

Guverinoma y’Ubwongereza yavuze kandi ko iki cyemezo "cyafashwe byemejwe n’amashyaka yose, nyuma yuko Perezida w’Ubufaransa asabye Guverinoma y’Ubwongereza gusubika uruzinduko".

Ingoro ya Elysée yavuze ko Perezida Emmanuel Macron yavuganye n’Umwami mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu.

Gusura igihugu bizahabwa amatariki mashya vuba bishoboka, "kugira ngo nyiricyubahiro yakirwe mu buryo bwiza buhuye n’imibanire yacu ya gicuti".

Ku wa kane, imijyi myinshi y’Ubufaransa yabereyemo urugomo rukabije mu myigaragambyo yitabiriwe n’abantu barenga miliyoni.

Amarembo y’umujyi wa Bordeaux yaratwitswe. Mu murwa mukuru, harashwe ibyuka biryana mu gutatanya abigaragambya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa