skol
fortebet

Indege ebyiri zagonganiye mu kirere zirashya

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Thursday 10, Nov 2022

Indege ebyiri zagonganiye mu kirere zirashya

Sponsored Ad

skol

Igipolisi cya Queensland muri Australia, cyatangaje ko abari mu ndege ebyiri bapfuye nyuma yo kugonganira mu kirere zikagwa mu rwuri rw’amatungo ahitwa Kybong, hafi ya Gympie.
Abakozi bashinzwe ubutabazi bahise batabara iyo mpanuka ikimara kuba,bazana indi ndege y’ubutabazi ahagana saa cyenda z’amanywa ku wa gatatu.
Ku wa gatatu, umugyobozi wa polisi muri Queensland, Brad Inskip yagize ati: "Twabonye amashusho y’indege ebyiri zagonganye.....
Ibi bintu biteye agahinda, kandi ni ibintu (…)

Igipolisi cya Queensland muri Australia, cyatangaje ko abari mu ndege ebyiri bapfuye nyuma yo kugonganira mu kirere zikagwa mu rwuri rw’amatungo ahitwa Kybong, hafi ya Gympie.

Abakozi bashinzwe ubutabazi bahise batabara iyo mpanuka ikimara kuba,bazana indi ndege y’ubutabazi ahagana saa cyenda z’amanywa ku wa gatatu.

Ku wa gatatu, umugyobozi wa polisi muri Queensland, Brad Inskip yagize ati: "Twabonye amashusho y’indege ebyiri zagonganye.....

Ibi bintu biteye agahinda, kandi ni ibintu byasigaye mu mitwe y’abagize inzego zose zishinzwe ubutabazi."

Polisi yavuze ko abapilote aribo bari bonyine muri buri ndege, barimo umusaza w’imyaka 80 ukomoka i Caboolture n’undi w’imyaka 77 ukomoka i Glenwood, kandi bose bahise bapfira aho.

Inskip yakomeje ati: "Ni ibintu biteye ubwoba, ibintu biteye agahinda, ku muryango nabo byahitanye."

Ababishinzwe bakomeje gukora iperereza ngo hamenyekanye icyateye iyi mpanuka yateye ubwoba abayibonye iba.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa