skol

Ingabo za RDC zasabye umusada iz’ibihugu byose bizikikije mu rugamba rwo kurandura imitwe y’iterabwoba

Yanditswe: Wednesday 31, Mar 2021

Ingabo za DR Congo (FARDC) zivuga ko ziri kuvugana n’ingabo z’ibihugu byose bibakikije kugira ngo "bacyemure burundu ikibazo cy’umutekano mucye mu karere", giterwa n’imitwe yitwaje intwaro.

Itangazo rya FARDC ryo kuwa kabiri rivuga ko ishyize imbere ubufatanye bwa gisirikare mu "guhuza ingufu n’ubutasi", bakarwanya "mu buryo bukomeye kandi turandure burundu imitwe yose y’iterabwoba nka ADF, FDLR, FLN n’iyindi..."

General Major Kasonga Cibangu Leon-Richard, umuvugizi wa FARDC washyize umukono kuri iri tangazo, ntiyasubije ibibazo bya BBC ariko yatubwiye ko ibiririmo ari byo bigiye gukorwa.

Si ubwa mbere, ingabo za DR Congo zitangaje gufatanya n’ingabo z’ibindi bihugu mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro yiganje cyane mu burasirazuba bwa DR Congo, ariko ntiracika.

Iri tangazo rivuga ko hari ubufatanye busanzwe buriho bwa FARDC n’ingabo z’u Rwanda, iza Uganda, iza Angola n’iza Centrafrique, rikavuga ko ubu n’ibindi bihugu ybose bikikije DR Congo "mu gihe cya vuba" biza muri uwo mugambi.

Imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bw’u Burundi n’ubw’u Rwanda ikorera mu burasirazuba bwa DR Congo, ubutegetsi bw’ibyo bihugu byombi bwagiye buregana gufasha ababurwanya, bagiye bagaba ibitero byiciwemo abantu kuri ibi bihugu byombi.

Mu kwezi kwa kabiri no muri uku kwa gatatu, intumwa za DR Congo ziyobowe n’umujyanama mu by’umutekano wa Perezida Félix Tshisekedi hamwe n’umugaba w’ingabo z’u Rwanda bahuriye i Kigali n’i Kinshasa bavugana ku kurwanya imitwe yitwaje intwaro.

Mu 2019 byavuzwe ko ingabo z’u Rwanda zaba zarinjiye muri DR Congo gufatanya na FARDC ku bitero byagabwe ku nyeshyamba zirimo FDLR, ibyo impande zombi zahakanye.

Muri uku kwezi, ishyirahamwe ritegamiye kuri leta mu ntara ya Kivu y’epfo ryavuze ko ingabo z’u Burundi zabonetse muri iyi ntara zikurikiye inyeshyamba za Red Tabara, umuvugizi w’ingabo z’u Burundi yabwiye BBC ko ari "ibinyoma".

Imitwe y’abanyamahanga n’iy’abanyecongo ubwabo yitwaje intwaro muri ako gace, ishinjwa ubwacanyi n’ubusahuzi bikorerwa abaturage, bamwe bashinja ingabo za DR Congo kunanirwa kurinda ubusugire bw’igihugu no guhashya izi nyeshyamba ubwabo.

Abandi banenga Umuryango w’Abibumbye ufite ingabo ubu zirenga 16,000 zoherejwe kurinda abaturage no gufasha kugarura amahoro muri DR Congo, zihamaze imyaka irenga 20.

Itangazo ry’ingabo za FARDC rivuga ko inama iheruka kubera i Kinshasa ku kibazo cy’iyo mitwe yemeje "uburyo buhuriweho nk’inzira ikomeye yo kurangiza ikibazo cy’imitwe y’iterabwoba yo mu mahanga n’iyishamikiyeho yo mu gihugu".

Kugeza ubu ntihazwi neza ibizakorwa muri ubwo buryo.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa