skol

Intambara ikomeye hagati ya FARDC na Mobondo hafi neza ya Kinshasa

Yanditswe: Thursday 24, Aug 2023

featured-image

Imirwano ikomeye ku wa Gatatu yasakiranyije Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Mobondo.

Ni imirwano yabereye muri Groupement ya Mbankana ho muri Komine Maluku; mu marembo y’Umujyi wa Kinshasa.

Inyeshyamba nyinshi n’abasirikare ba FARDC bayiguyemo nk’uko ACTUALITE.CD yabitangaje.

Umuyobozi wa Groupement ya Mbankana, Soki Milanda, yavuze ko abasirikare bane ba FARDC ari bo biciwe muri iriya miryango.

Uyu yavuze ko inyeshyamba za Mobondo ari zo zabanje kugaba igitero ku ngabo za Congo, mu kuzisubiza inyuma FARDC yicamo izibarirwa muri mirongo.

Ni igitero bivugwa ko inyeshyamba zagabye mu rwego rwo kwiba intwaro abasirikare ba Congo.

Abatuye muri kariya gace bavuga ko impande zombi ziri mu mirwano, mu gihe abasirikare n’inyeshyamba basanzwe buzura kugeza n’aho basangira ikirahure cya byeri.

Amakuru kuri ubu avuga ko abasirikare benshi ba FARDC boherejwe muri Groupement ya Mbankana, mu rwego rwo gukumira ibindi bitero by’inyeshyamba.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa