Intasi yafashije ubwongereza guhangana n’Abataribani yasabye kutiturwa koherezwa mu Rwanda
Yanditswe: Tuesday 15, Aug 2023
Maneko yafashije ingabo z’u Bwongereza n’izindi zo mu muryango NATO zari mu bikorwa byo kurwanya Abatalibani muri Afghanistan mbere y’uko bafata ubutegetsi, irasaba gukurwa ku rutonde rw’abimukira bashobora koherezwa mu Rwanda.
Uyu mugabo ikinyamakuru The Independent kitatangaje amazina ye, avuga ko yakusanyirizaga amakuru y’ingenzi ingabo za Afghanistan zari zifatanyije n’iz’u Bwongereza na NATO mu kurwanya Abatalibani, akaba yarakoreraga mu biro by’akanama gashinzwe umutekano mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu kari kazwi nka ONSC.
Muri hoteli ya Midlands acumbikiwemo hamwe n’umuryango we, uyu mugabo yasabye guverinoma y’u Bwongereza nk’uko na we yayifashije. Ati: "Guverinoma yatanze isezerano ry’uko izafasha abashyigikiye inyungu z’u Bwongereza muri Afghanistan, none ntiyabikoze."
Muri Kanama 2021 ubwo Abatalibani bakuragaho ubutegetsi bwa Afghanistan, uyu mugabo yasobanuye ko kubera umutekano we, yihutiye guhungira mu Bwongereza akoresheje ubwato buto butemewe n’amategeko. Ati : "Batangiye guhungisha abantu ariko twebwe nta yandi mahitamo twari dufite, keretse kunyura mu muyoboro."
Yasobanuye ko kubera ko yageze mu Bwongereza anyuze mu nzira zitemewe, muri Gicurasi 2023 yakiriye imenyesha ryaturutse mu biro by’umutekano w’imbere ry’uko ari ku rutonde rw’abashobora koherezwa mu Rwanda.
Abazi ibikorwa bye muri Afghanistan barimo uwari Ambasaderi w’u Bwongereza muri iki gihugu, Nicholas Kay ndetse n’abajyanama babiri b’ingabo zirwanira mu kirere bakoreye i Kabul bari kumusabira ko yakurwa ku rutonde rw’abimukira bashobora koherezwa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *