Umutekano
Iran yahize kwibasira Ingabo z’u Bwongereza mu Nyanja y’u Buhinde nishotorwa
Yanditswe: Monday 31, Mar 2025

Tehran yatanze umuburo w’uko izibasira Ingabo z’Abongereza mu birwa bya Chagos mu Nyanja y’u Buhinde, mu gihe Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, nawe yatera Iran.
Ku wa gatandatu, Telegraph yatangaje, isubiramo umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Irani, ko Tehran izagaba igitero ku birindiro by’ingabo zirwanira mu mazi za Amerika n’u Bwongereza kuri Diego Garcia kugira ngo hasubizwe igitero icyo ari cyo cyose cya Amerika.
Iyi miburo yaje nyuma y’umunsi umwe Trump avuze ko Iran izahura n’ingaruka zikomeye niba idashoboye kumvikana ku masezerano yo kudakora intwaro za kirimbuzi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *