skol

Israel yatangaje abasirikare yatakaje,yanavuze aba Hezbollah imaze kwica

Yanditswe: Saturday 05, Oct 2024

featured-image

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangaje ko kimaze kwivugana abarwanyi bo mu mutwe wa Hezbollah babarirwa muri 250, nyuma yo kuwutangizaho ibitero byo ku butaka.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru ni bwo IDF yatangije ibitero ku birindiro by’uyu mutwe biherereye mu majyepfo ya Lebanon/Liban; mu rwego rrwo gusenya ibikorwa remezo bya gisirikare byawo.

Mu barwanyi 250 Israel ivuga ko imaze kwica, harimo 21 bari abayobozi b’ingabo z’uriya mutwe ku rugamba. Aba barimo batanu bo ku rwego rwa brigade, 10 bari ku rwego rwo kuyobora company na batandatu bo ku rwego rwa platoon.

Israel itangaje ibi mu gihe mu minsi ishize yari yavuze ko kuva yagaba ibitero kuri Hezbollah, abasirikare bayo babiguyemo ari 9 gusa.

N’imibare yakemanzwe nabenshi, bashingira ku mavidewo yafashwe Hezbollah irasa mu kivuge abasirikare ba IDF bikavugwa ko nayo imaze gutakaza aba barirwa mu binyacumi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa