skol

Kajugujugu zari zigiye gutabara zagonganye zihitana abantu

Yanditswe: Wednesday 09, Aug 2023

featured-image

Indege ebyiri zo mu bwoko bwa kajugujugu zagonganye abantu batatu bahita bahasiga ubuzima ubwo zari mu gikorwa cyo kuzimya inkongi y’umuriro mu Majyepfo ya Leta ya California.

Kuva ku wa mbere,abayobozi barimo gukora iperereza ku cyateye iyi mpanuka yo mu kirere hagati y’izi kajugujugu ebyiri mu majyepfo ya California yahitanye abashinzwe kuzimya umuriro n’umuderevu ubwo bari bagiye kuzimya inkongi y’umuriro ahitwa Palm Springs.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwikorezi (NTSB) cyatangaje ko kirimo gukora iperereza kuri iyo mpanuka ya kajugujugu ya Bell 407 na kajugujugu ya Sikorsky S-64E i Cabazon, muri California, mu birometero 80 uvuye mu burasirazuba bwa Los Angeles.

Umuwe mu bayobozi ba Kompanyi ishinzwe kuzimya umuriro Calfire, David Fulcher, yabwiye abanyamakuru ko umuriro wadutse ku cyumweru nijoro utangira gutwika ibintu werekeza mu masambu aribwo bahise bashaka uko bawuzimya.

Izi kajugujugu zombi zagonganye nyuma yo koherezwa kuzimya umuriro ngo udafata ibihuru.

Fulcher yavuze ko kajugujugu ya Sikorsky yaguye aho hafi mu buryo bwiza, mu gihe iyi ya Bell yaguye hasi.

Umuyobozi w’ishami rya CalFire, yavuze ko Umudereva wari utwaye kajugujugu ya Bell yaguye muri iyi mpanuka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa