skol

Kenya: Abantu batandatu baguye mu myigaragambyo yamagana izamuka ry’imisoro

Yanditswe: Thursday 13, Jul 2023

featured-image

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 12 Nyakanga, imyigaragambyo yadutse muri Kenya ubwo abaturage bajyaga mu mihanda mu mijyi bamagana izamuka ry’imisoro yahitanye abantu batandatu .

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, igipolisi cyemeje umubare w’abapfuye, kivuga ko imyigaragambyo yahinduye isura, abantu bagasahura kandi bakangiza ibikorwa remezo.

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Raila Odinga, ukuriye ishyaka rya Azimio la Umoja, yari yahamagaje imyigaragambyo yamagana igiciro cy’ubuzima kiri hejuru ndetse n’imisoro iherutse kongezwa ku bicuruzwa bikomoka kuri peteroli.

Abaturage, basanzwe bahanganye n’izamuka ry’igiciro cy’imibereho, bitabiriye imyigaragambyo kugira ngo bagaragaze ko bababaye kandi basaba impinduka.

N’ubwo ku wa Kabiri, igipolisi cyari cyabujije imyigaragambyo, abigaragambya banze iryo tegeko maze bamanuka mu mihanda ku bwinshi.

Amakimbirane hagati y’abigaragambyaga n’abashinzwe kubahiriza amategeko yahise yiyongera, bituma haba imirwano n’imivurungano mu gihugu hose.

Mu rwego rwo gusubiza imyigaragambyo, abapolisi barashe ku bigaragambya ibyuka biryana mu maso, bituma ibintu birushaho kuba bibi.

Odinga yashinje igipolisi gukomeretsa abigaragambyaga mu gihe cy’imirwano, ashimangira ko byihutirwa gukemura iki kibazo mu mahoro.

Imyigaragambyo muri Kenya kenshi ntabwo iba uyu munsi ngo ikomeze no ku munsi ukurikiyeho. Abasesenguzi bashingira ku kuba abayikora benshi baba ari abantu batunzwe no gushaka ikibatunga kuri uwo munsi bityo batamara kabiri batagiye gushaka imibereho.

Mu mujyi wa Nairobi haratuje, imirimo n’ubucuruzi birasa n’ibisanzwe, abantu basubiye ku mirimo yabo ya buri munsi. Ariko inkuru ikiganirwaho na bose ni ibyabaye kuwa gatatu ndetse bibaza igikurikiraho.

Abaturage bamwe ntibishimiye iyi myigaragambyo. Mary Njoki yabwiye BBC ati: “Birakabije, leta ikwiye kugira icyo ikora, ntibyumvikana uburyo agatsiko kayobowe n’umuntu umwe gasenya igihugu gutya, iby’abantu bikangirika, abantu bagapfa, ntibyumvikana.”

Abandi nabo barakajwe n’imisoro leta yazamuye kandi biteguye gukomeza gushyigikira Raila Odinga. Daniel Obimbo ati: “Ntibirarangira, ibintu bigomba guhinduka. Ruto nakureho iriya misoro cyangwa twese duhombe kuko n’ubundi ntitwungura.”

Mu gihe Raila Odinga yaba atawe muri yombi, Obimbo ati: “Icyo gihe wareba, akaga kagwa kuri Kenya.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa