Kenya: Igitero cy’abitwaje intwaro cyahitanye 5 mu Karere ka Lamu
Yanditswe: Sunday 25, Jun 2023
Abantu bitwaje intwararo bagabye igitero ku biro bya Salama na Juhudi biri mu karere ka Lamu kari mu majyepfo y’igihugu Kenya.
Byabaye kuri uyu wa 25.06.2023, gusa abagikoze ntibaramenyekana n’ubwo hakekwa umutwe w’ibyihebe bigendera ku matwara akaze ya Kisiramu.
Abategetsi b’akarere ka Lamu batangaje ko abagabye icyi gitero batwitse amazu andi barayasenya nubwo batatangaje ingano y’ayo mazu yasenywe andi agatwikwa.
Kueza ubu nta mutwe w’iterabwoba n’umwe urigamba icyo gitero, gusa Polisi yo mugace ka Lamu yakise icy’iterabwoba muri rusaange.ijambo ikunze gukoresha ku bitero by’intagondwa za Al-Shabab.
Akarere ka Lamu kegeranye n’umupaka Somaliya ihana na Kenya. Akenshi, abarwanyi ba Al-shabab bagaba ibitero mu duce tw’ako karere, kugira ngo bananize leta ya Kenya no kuyishyiraho igitutu ngo ivane abasirikare bayo muri Somaliya.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *