Korea ya Ruguru yagerageje igisasu karahabutaka gishobora no kugera muri Amerika
Yanditswe: Thursday 31, Oct 2024
Kuri uyu wa Kane, Koreya ya Ruguru yarashe misile yo mu bwoko bwa ballistique yambukiranya imigabane yerekeza mu nyanja ku mabwiriza y’Umuyobozi Kim Jong Un, nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru bya Leta, KCNA, byongeraho ko igisasu cyageze kure kurusha igerageza ryabanje.
KCNA yatangaje ko Kim yari ari aharasiwe iki gisasu.
Ibiro Ntaramakuru by’Abanyakoreya byatangaje ko Kim yagize ati: “Igerageza ryo kurasa ni igikorwa cya gisirikare gikwiye cyujuje rwose intego yo kumenyesha abo duhanganye ... ubushake bwacu bwo gusubiza.”
Iki gisasu cyarekuwe nyuma y’umunsi umwe ikigo cy’ubutasi cya gisirikare cya Koreya y’Epfo kibwiye abadepite ko Koreya ya Ruguru ishobora kuba yarangije imyiteguro y’igerageza rya karindwi ry’igisasu cya kirimbuzi. Iperereza ryavuze ko Amajyaruguru yegereje kugerageza misile iraswa mu ntera ndende ishobora kugera muri Amerika.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *