skol
fortebet

L’ONU yabwiwe ko M23 isarura akayabo mu mabuye y’agaciro acukurwa aho yigaruriye

Yanditswe: Tuesday 01, Oct 2024

featured-image

Sponsored Ad

Kuri uyu wa Mbere, Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano kabwiwe ko inyeshyamba zo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo zashimangiye kugenzura akarere ka Rubaya gacukurwamo amabuye y’agaciro, zishyiraho imisoro zisaruramo amadolari y’Amerika 300.000 buri kwezi.

Sponsored Ad

Umutwe wa M23 wigaruriye ako gace kavamo amabuye y’agaciro akoreshwa muri terefone na mudasobwa, nyuma y’imirwano ikaze yabaye muri Mata.

Bintou Keita ukuriye Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Congo, yabwiye Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano ko mu gace ka Rubaya hava 15% by’amabuye ya tantalite aboneka ku Isi.

Bivuze ko Congo ari igihugu cya mbere ku Isi kivamo Tantalite (tantalum) ifatwa nk’amabuye y’agaciro y’ingenzi na Amerika ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi.

Keita ati: "Ibi byinjiza amadorari 300.000 $ buri kwezi ku mutwe witwaje intwaro." "Ibi birahangayikishije cyane kandi bigomba guhagarikwa."

Keita yongeyeho ati: "Kunyereza umutungo kamere wa DRC usohorwa mu gihugu ni ugukomeza imitwe yitwaje intwaro, gukomeza gukoresha abaturage b’abasivili, bamwe muri bo bakaba barashyizwe mu bucakara, kandi bibangamira umuhate wo kugarura amahoro."

Umubare munini w’amabuye y’agaciro ya Congo uherereye mu burasirazuba, akarere karimo amakimbirane ashingiye ku butaka n’umutungo hagati y’imitwe myinshi yitwaje intwaro.

Keita yavuze ko uko inyungu ziva mu bucukuzi ziyongereye, imitwe yitwaje intwaro yabaye ba rwiyemezamirimo bitwara gisirikare, bituma bakomera haba mu bya gisirikare ndetse no mu bukungu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa