Luanda: Harasozwa inama y’imiryango nka SADC na EAC ku kibazo cy’umutekano muri RDC
Yanditswe: Tuesday 27, Jun 2023
Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 27 Kamena, i Luanda, umurwa mukuru wa Angola, harasozwa inama ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ihuza EAC, ECCAS, CIRGL na SADC .
Ibihugu umunani birimo Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Gabon, Afurika y’Epfo, Kenya, n’u Burundi bitabiriye iyi nama.
Kuri uyu wa Mbere ushize, mu gihe cy’amasaha arenga ane, abaminisitiri b’ibihugu bigize iyi miryango y’uturere bari mu biganiro mu rwego rwo guhuza no kwemeza inyandiko y’itangazo rya nyuma rizemeza iyi nama.
Nk’uko amakuru ava mu bantu begereye Perezidansi ya Congo avuga, kuba inama y’abaminisitiri yaratwaye igihe kirekire kuruta uko byari byitezwe, byatewe no kutumvikana ku gishushanyo mbonera kigomba gukurikizwa kugira ngo amahoro agaruke mu burasirazuba bwa RD Congo nk’uko tubikesha Mediacongo.net.
Intumwa za Congo i Luanda zigizwe na Minisitiri w’intebe wungirije akaba na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula, Minisitiri w’intebe wungirije w’ingabo, Jean-Pierre Bemba na Minisitiri w’ubufatanye bw’akarere, Mbusa Nyamwisi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *