M23 ikataje mu kwigarurira uduce twinshi twa RDC yafashe Kalengera
Yanditswe: Tuesday 25, Oct 2022
Abarwanyi ba M23 bakomeje kwihagararaho mu ntambara bari kurwana n’ingabo za DRC zishaka kubirukana aho bari basanzwe barafashe mu mezi ashize.
Icyakora abo barwanyi baracyafite umujyi wa Bunagana ndetse amakuru avuga ko baraye bafashe n’ahandi hitwa Kalengera.
Kalengera aho ni muri Rutshuru hafi y’ahitwa Kabindi.
Bafashe Kalengera nyuma y’uko byavugwaga ko bari barangambiriye kwigarurira Kibumba.
Mu mpera z’Icyumweru gishize, M23 yafashe ibice bitandukanye birimo ahitwa Ntamugenga. (…)
Abarwanyi ba M23 bakomeje kwihagararaho mu ntambara bari kurwana n’ingabo za DRC zishaka kubirukana aho bari basanzwe barafashe mu mezi ashize.
Icyakora abo barwanyi baracyafite umujyi wa Bunagana ndetse amakuru avuga ko baraye bafashe n’ahandi hitwa Kalengera.
Kalengera aho ni muri Rutshuru hafi y’ahitwa Kabindi.
Bafashe Kalengera nyuma y’uko byavugwaga ko bari barangambiriye kwigarurira Kibumba.
Mu mpera z’Icyumweru gishize, M23 yafashe ibice bitandukanye birimo ahitwa Ntamugenga.
Ahandi bafashe ni ahitwa Muhimbira na Nyaluhondo.
Gufata agace ka Ntamugenga bizafasha abarwanyi ba M23 mu minsi iri imbere kuko bashobora kuhifashisha bagana mu Mujyi wa Goma.
Ingabo za DRC ziherutse kongera kwikoma u Rwanda zivuga ko ingabo zarwo ari zo zagabye ibitero ku birindiro byazo ngo zitwikiriye ko ari M23 iri kubikora gusa u Rwanda rwahakanye kenshi ko nta musirikare warwo muri RDC.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *