M23 irashinja ingabo za SADC kwihisha muri WAZALENDO bagamije kuyirwanya
Yanditswe: Friday 06, Oct 2023
Urugamba rurarimbanije hagati y’ingabo za RD Congo(FARDC) n’imitwe bafatanya irimo FDLR na M23, aho bivugwa ko FARDC yiyise WAZALENDO yigambye gukubita inshuro M23 iyambura imirenge 21yari isanzwe iyobora.
Kugera kuri iyo ntsinzi, M23 yabitwerereye kuba ngo FARDC yaritabaje ingabo za SADC rwihishwa ndetse n’igisirikare cy’Uburundi kiri mu ngabo za EACRF zaje kurinda ko agahenge k’amahoro kubahirizwa.
Inyeshyamba za Wazalendo zibumbiye mu kiswe Abakorerabushake baharanira Kurengera Igihugu (VDP-RDC) zirigamba kuba kuri ubu ziri kugenzura imidugudu n’imijyi bigera kuri 21.
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ku bijyanye n’imirwano ikomeje kubera muri Rutshuru, Masisi na Nyiragongo, izi nyeshyamba zavuze ko ziri mu ntambara zidatezemo izindi nyungu ahubwo ari ukwirengera kubw’ibyo ngo zikaba zidakeneye ko hari uwazihamagarira guhangana na M23.
Zavuze ko kuva ku itariki ya 2 Ukwakira 2023 ziri "gukoma imbere ibitero bya M23, ndetse zongeraho ko iri gufatanya na, RDF na UPDF, bigamije kwigarurira Masisi mbere yo gufata Goma no gukomereza muri Kivu y’Amajyepfo.
Izi nyeshyamba ziravuga ko ziri gukoma imbere ibitero bya M23 mu gihe ku rundi ruhande bivugwa ko M23 ari yo irimo kugabwaho ibitero ku birindiro bitandukanye.
Iyi M23 nayo ikomeje gushyira mu majwi imbaraga zivuye mu bindi bihugu nk’Uburundi na SADC byatumye ngo bari kuyikubita incuro igatakaza ibirindiro byayo yari isanganwe. Gusa uyu mutwe wa M23 uherutse gutangaza ko ni winjira mu mirwano byeruye utazemera gusubira inyuma ibyo bashaka bitabonetse.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *