skol
fortebet

M23 n’Ingabo za Leta ya Congo bongeye kurwana nyuma yo kutitabira ibiganiro

Yanditswe: Sunday 24, Apr 2022

featured-image

Sponsored Ad

Ni imirwano ije mu gihe harimo kuvugwa ibiganiro hagati ya Perezida Félix Tshisekedi n’abahagarariye imitwe yitwaje intwaro igera ku icumi ikorera mu Burasirazuba bwa RDC.

Sponsored Ad

Imirwano yongeye kubura hagati y’Ingabo za Leta ya Congo, FARDC n’abarwanyi b’umutwe wa M23 mu gace Jomba muri teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Major Willy Ngoma, Umuvugizi wa Armée Révolutionnaire du Congo, Ishami rya Gisirikare rya M23, yatangaje ko bagabweho ibitero n’ingabo za leta mu gihe bari mu biganiro.

Ngo bigaragaza ko leta idashaka inzira y’amahoro mu kurangiza ikibazo.

Ati “Uyu munsi guhera saa cyenda n’iminota 50, Ingabo za Leta, FARDC zatugabyeho igitero i Bugusa muri Jomba muri teritwari ya Rutshuru.”

“N’ubu imirwano irakomeje turimo gushaka uko twabasubiza inyuma, biragaragara ko leta idashaka inzira y’amahoro mu kurangiza intambara’’.

Iyi mirwano ije mu gihe hari hatangiye ibiganiro bihuza Perezida Tshisekedi n’imitwe yitwaje intwaro igera ku 10 ikorera mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo na Ituri nk’uko byemejwe n’inama y’abakuru b’ibihugu byo mu karere iheruka yabereye muri Kenya kuwa 21 Mata 2022.

M23 ikaba iherutse kubura imirwano mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ishinja leta kutubahiriza amasezerano yashyiriweho umukono i Nairobi muri Kenya mu 2013 aho uyu mutwe wemezaga ko uhagariritse imirwano.

Taliki ya 10 Mata 2022 nibwo M23 yatangaje ko yongeye guhagarika imirwano ku nshuro ya kabiri. Yahise inarekura abasirikare ba RDC yari yafatiye mu mirwano.

Lt Colonel Guillaume Njike Kaiko, Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya FARDC mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yashinje abarwanyi ba M23 kubura imirwano nyuma y’agahenge kari amaze iminsi, yemeza ko ingabo za FARDC zikomeje kwihagararaho.

Ati “Nyuma y’agahenge kari gahari, nyuma y’amabwiriza twari twahawe n’ubuyobozi bukuru, abarwanyi ba M23 bagabye ibitero ku birindiro byacu biri i Bugusa.”

“Byabaye kuri uyu wa Gatandatu mu masaha ya saa Cyenda z’amanywa. Ibi ni ukwangiza agahenge kari kamaze iminsi natwe nka FARDC twafashe icyemezo cyo kwihagararaho tugahangana nabo.’’

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa