Biravugwa: M23 yaba yatangiye guhitana abasirikare ba SADC
Yanditswe: Saturday 13, Jan 2024
Imirwano yahuje inyeshyamba za M23 n’Ingabo za Leta ya Congo (FARDC ) zifatanyije n’Abasirikare ba SADC yasize bamwe mu basirikare ba SADC bahasize ubuzima abandi bafatwa mpiri.
Amakuru avuga ko abasirikare ba Afurika y’Epfo bari muri SADC batangiye gusogongera ku ntambara ya M23 kuko ngo yabateze igico hanyuma abagera ku icyenda barimo n’aba FARDC baricwa,batatu bafatwa mpiri mu gihe abandi 100 bahunze.
Iyi mirwano ngo yabereye muri Teritwari ya Masisi ndetse niyo ya mbere yaguyemo Abasirikare ba SADC ku mugaragaro, ibintu bamwe bavuga ko batangiye kwakirwa.
Iyi mirwano yabaye k’umunsi w’ejo kuwa 12 Mutarama 2024, ibera mu gace ka Birere, gaherereye mu nkengero za Sake.
Nubwo abasirikare 9 aribo bapfuye ku mpande zombi,ngo benshi nabo muri SADC.
Ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Gatanu,umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Colonel Njdike Kaiko Guillaume yashinje M23 gutera ikibombe muri Birere ariko avugako nta we cyakomerekeje cyangwa ngo kigire uwo gihitana.
Ibi ntacyo umutwe wa M23 urabivugaho.
Ubushize umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Major Willy Ngoma, yabwiye itangazamakuru ko batazigera bemerera ihuriro ry’Ingabo za RDC ko babambura nibura santimetre imwe mu bice bafite.
Yagize ati: “Mu bice tugenzura ihuriro ry’Ingabo za RDC ntizishobora ku twambura habe na santimetre imwe, hubwo twe tuza komeza gufata ahandi.”
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *