M23 yamaze gufata Rutshuru Centre na Rumangabo igiye kwerekeza I Goma
Yanditswe: Saturday 29, Oct 2022
Inyeshyamba z’Umutwe wa M23 zigambye ko zafashe uduce twa RDC turimo Rumangabo, na Rutshuru Centre ndetse zihanze amaso kwerekeza mu mujyi wa Goma.
Urubuga izi nyeshyamba zitangaho amakuru kuri Twitter, Goma24,rwemeje aya makuru ruvuga ko ubu bari kugenzura Rutshuru Centre, Kiwanja na Kinyandoni.
Ubwo butumwa bukomeza bugira buti “Uyu munsi harakurikiraho Nyiragongo / Kibumba, mbere yo gufata Goma.”
Kuri uyu wa Gatandatu kandi ngo M23 yakoresheje inama ebyiri abaturage ba Rutshuru. (…)
Inyeshyamba z’Umutwe wa M23 zigambye ko zafashe uduce twa RDC turimo Rumangabo, na Rutshuru Centre ndetse zihanze amaso kwerekeza mu mujyi wa Goma.
Urubuga izi nyeshyamba zitangaho amakuru kuri Twitter, Goma24,rwemeje aya makuru ruvuga ko ubu bari kugenzura Rutshuru Centre, Kiwanja na Kinyandoni.
Ubwo butumwa bukomeza bugira buti “Uyu munsi harakurikiraho Nyiragongo / Kibumba, mbere yo gufata Goma.”
Kuri uyu wa Gatandatu kandi ngo M23 yakoresheje inama ebyiri abaturage ba Rutshuru.
Amashusho yashyizwe kuri Twitter n’uwitwa James Musafiri Mukendi, yerekana abambanye imyambaro ya M23 binjira muri Rutshuru Centre ari benshi.
Ingabo za Leta, FARDC,zikomeje gushya ubwoba ku rugamba aho bivugwa ko hari aho ziri kutswa igitutu zikiruka.
Ifatwa rya Rutshuru ryemejwe n’igitangazamakuru TAZAMA RDC Infos, kivuga ko abagiha amakuru babyemeje.
Kuri Twitter yabo banditse ngo “Nyuma yo kwihagararaho kw’ingabo za FARDC mu minsi myinshi, kugera mu masaha ya kare kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Ukwakira, Rutshuru Centre icyicaro cya Teritwari ya Rutshuru, n’agace ka Kiwanja byamaze gufatwa na M23, abaduha amakuru barabyemeza.”
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu,umutwe wa M23 watangaje RFI ko umupaka wa Kitagoma uhuza RD Congo na Uganda nawo wafashwe uri mu maboko yabo nyuma yo gukubita bikomeye ingabo za Leta,FARDC zigahunga.
Ibitekerezo
BAHUGE BAGENDE UWITEKA ABIRUKANE