skol

M23 yaramukiye mu mirwano ikomeye na FARDC yayigabyeho ibitero i Kitshanga

Yanditswe: Tuesday 21, Nov 2023

featured-image

Ubuyobozi bwa M23 bwatangaje ko Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’indi mitwe bifatanyije byayigabye ibitero mu Gace ka Kitshanga na Kirolirwe.

Ni ibitero Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, avuga ko byagabwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 21 Ugushyingo 2023. Uretse ibirindiro bya M23 ibi bitero ngo byanibasiye abasivile bo muri ibi bice.

Yagize ati “Yakomeje avuga ko Ingabo za Congo ziharanira impinduramatwara (M23) zahise zitangira ibikorwa byo kwirwanaho no kurinda abasivile ndetse n’ibyabo. Ibyifuzo byose by’intambara by’ubutegetsi bwa Kinshasa bizatsindwa mu izina ry’amahoro.”

M23 itangaje aya makuru nyuma y’uko ku wa Mbere n’ubundi yari yashinje FARDC kwica abasivile batandatu mu Gace ka Nyiragongo.

Imirwano ihanganishije M23 n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gufata indi ntera. Buri ruhande rushinja urundi kuba nyirabayazana wo kubura kw’iyi mirwano, hirengagijwe ibyari byemejwe n’ibiganiro bya Nairobi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa