skol

M23 yateye ibisasu byinshi mu mujyi wa Sake

Yanditswe: Friday 12, Jan 2024

featured-image

Abatuye mu mujyi wa Sake muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo bemeje ko umutwe wa M23 wawucucagiyemo ibisasu kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Mutarama 2024.

Umwe mu bari muri aka gace yabwiye umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa Radio &TV 10 ko uyu mutwe wateye uyu mujyi ndetse amuh ifoto igaragaza umusirikare wa FARDC ari guhunga amabombe.

Ibi bibaye nyuma y’aho ku wa kane, tariki ya 11 Mutarama 2024, ahitwa Butale, gurupoma ya Bashali Mukoto, muri Masisi, intara ya Kivu y’amajyaruguru, hongeye kubura imirwano hagati ya Wazalendo na M23.

Sosiyete sivile ya Masisi,yatangaje ko kuva mu gitondo wo ku munsi w’ejo, ari bwo humvikanye ibisasu by’intwaro ziremereye n’izoroheje.

Bagize bati; “Inyeshyamba za M23 zagabye igitero kuri Wazalendo i Butale, ku birometero bike uvuye i Kitshanga. Izi nyeshyamba za M23 zamaze kwigarurira Butale Monastère guhera saa kumi, kandi ni mu mirwano yatangiye mu gitondo.

Hariho urujya n’uruza rw’abaturage bahunze berekeza i Muheto, Burungu, Kitshanga n’indi midugudu ireba umujyi wa Butale.”

Iyi mirwano ije nyuma y’agahe gato yari imaze ituje ku mirongo yose y’urugamba muri Masisi, Rutshuru na Nyiragongo, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa RDC.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa