M23 yavuze birambuye ku birego biyishinja gutera ingabo z’u Burundi
Yanditswe: Tuesday 07, Mar 2023
Majoro Willy Ngoma, Umuvugizi wa gisirikare w’umutwe wa M23 yahakanye yivuye inyuma amakuru avuga ko ku musi w’ejo mu birindiro bateye harimo iby’ingabo z’Uburundi zoherejwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.
Ati: “Icyo iki gisirikare [FARDC] na leta bazi,n’ukubeshya. Bazi guhimba ibinyoma kugira ngo bereke amahanga ko ari twebwe M23 turi babi kandi ari twebwe duterwa.
“Ni bo barasa amabombe urufaya, mwibuke ko igihe kimwe banarashe n’indege yabo. Ni abantu bashoboye gukora icyo ari (…)
Majoro Willy Ngoma, Umuvugizi wa gisirikare w’umutwe wa M23 yahakanye yivuye inyuma amakuru avuga ko ku musi w’ejo mu birindiro bateye harimo iby’ingabo z’Uburundi zoherejwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.
Ati: “Icyo iki gisirikare [FARDC] na leta bazi,n’ukubeshya. Bazi guhimba ibinyoma kugira ngo bereke amahanga ko ari twebwe M23 turi babi kandi ari twebwe duterwa.
“Ni bo barasa amabombe urufaya, mwibuke ko igihe kimwe banarashe n’indege yabo. Ni abantu bashoboye gukora icyo ari cyo cyose”.
Mu butumwa yahaye BBC, Umuvugizi w’igisirikare cya RDC mu ntara ya Kivu ya Ruguru, Koroneri Colonel Ndjike Kaiko Guillaume yavuze ko inyeshyamba za M23 zifatanije n’igisirikare cy’u Rwanda zateye ibirindiro by’ingabo za Congo, inkambi y’impunzi hamwe n’ibirindiro by’ingabo z’Uburundi zoherejwe muri ako karere gufasha kugarura amahoro.
Hagati aho, umuvugizi w’igisirikare cy’Uburundi, Koroneri Floribert Biyereke yabwiye BBC ko ayo makuru ntayo bazi.
"Niduterwa tuzirwanaho"-M23
Majoro Ngoma avuga ko hari hashize icyumweru bemereye umukuru w’igihugu cya Angola ko bemeye guhagarika intambara, ariko ko kuva icyo gihe bkomeza guterwa n’ingabo za leta ku birindiro byabo bitandukanye.
Imbere y’uko baasohora itangazo ryo guhagarika intambara,uyu muvugizi w’umutwe wa M23 yabwiye BBC ko mu bisanzwe kuva ku wa 01 Mata 2022 bari bamaze gushyira umukono ku masezerano abiri yo guhagarika intambara kandi bayubahiriza, ariko ko igihe cyose bakomeza guterwa n’igisirikare cya Congo hanyuma bakirwanaho.
Avuga ko n’uyu musi batangarijeho ko bahagaritse intambara bazindutse baterwa amabombe, kandi ko ari ngombwa ko birwanaho.
Ati: “Nk’ubu tumaze icyumweru duterwa amabombe, ejo baraduteye ku birindiro byacu byose, n’uyu munsi bazindutse badutera.
“Ubu turimo kuvugana, barimo barakomeza ibirindiro byabo, begeranya intwaro rutura, batera umusubirizo ibirindiro byacu.
“None baje kudutera murashaka tugire dute? Bo bashaka kuturimbura, bashaka kudusiba kuko ni byo bavuga, n’uyu musi bazindutse badutera”.
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko yagerageje kuvugana n’abavugizi ba gisirikare ba Congo kugira ngo bagire icyo bavuga kuri ibi birego bya M23 ariko ntibyashobotse.
Nubwo M23 ishimangira ko yiyemeje gushakira umuti iyi ntambara mu mahoro, ivuga ko “ifite uburenganzira bwose bwo kwirwanaho mu gihe izaba itewe n’ihuriro ry’ingabo za leta ya Kinshasa,FARDC [igisirikare cya Congo], FDLR, NYATURA, APCLS, PARECO, NDC-R, MAI-MAI n’ABACANGERO”, nk’uko biri muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi w’uyu mutwe ku ruhande rwa politike, Lawrence Kanyuka.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *