skol

M23 yavuze ku bivugwa ko hari uduce yavuyemo kubera ubwoba

Yanditswe: Tuesday 27, Sep 2022

featured-image

Umuvugizi w’umutwe wa M23 mu bya gisirikare Major Willy Ngoma yavuze ko nta na santimetero n’imwe mu zo bafashe barekuye nkuko byavugwaga.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Nzeri,Bwana Ngoma yatangaje ko nta gace na kamwe M23 yarekuye kandi itazanabikozwa mu gihe bataricara ku meza y’ibiganiro na Leta ya Kinshasa.
Major Willy Ngoma yavuze ko “Bitandukanye n’ibivugwa ku mbuga nkoranyambaga ko M23 itigeze yimuka ku butaka yafashe cyangwa ngo itange na Sentimeto n’imwe yabwo.”
Major Willy (…)

Umuvugizi w’umutwe wa M23 mu bya gisirikare Major Willy Ngoma yavuze ko nta na santimetero n’imwe mu zo bafashe barekuye nkuko byavugwaga.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Nzeri,Bwana Ngoma yatangaje ko nta gace na kamwe M23 yarekuye kandi itazanabikozwa mu gihe bataricara ku meza y’ibiganiro na Leta ya Kinshasa.

Major Willy Ngoma yavuze ko “Bitandukanye n’ibivugwa ku mbuga nkoranyambaga ko M23 itigeze yimuka ku butaka yafashe cyangwa ngo itange na Sentimeto n’imwe yabwo.”

Major Willy Ngoma yanyomoje ibyanditswe n’ibinyamakuru bikoreshwa na Leta ya Congo, byatangaje ko M23 yahiye ubwoba kubera aba Komando 200 ba Kenya boherejwe muri kariya gace gufatanya na FARDC gukubita ikibatsi M23.

Ibyo binyamakuru bivuga ko kuva ku mugoroba wo ku wa 26 Nzeri, M23 yahindaguye imyanya y’inyeshyamba mu rwego rwo kwirwanaho, byatumye abaturage bamwe boherezwa i Bunagana abandi i Chengerero.

Major Willy Ngoma yagize ati “Izuba ryarashe rifite umucyo utangaje muri iki gitondo muri Bunagana n’ahandi, ikimenyetso cy’umutuzo uganje mu karere tuyobora.”

M23 ivuga ko barangwa n’ibintu bitatu bikomeye bituma birukansa ingabo za leta birimo Ikinyabupfura, intego n’ubuyobozi bwiza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa